Abajura11 bakekwaho ubujura bakoreraga kwa Mutangana Nyabugogo bafashwe

Mu gace ka Nyabugogo hamaze igihe havugwa ubujura bukabije, ariko nyuma yuko abahakorera bagaragaje cyuko hari abajura babatega mu masaha ya nijoro bakabambura ibyo bafite cyane cyane amatelefone, Polisi yaje kubikurikirana kuri uyu wa Mbere tariki 1 Mata 2026, Polisi ikaba yafashe abantu 11 bakekwaho ubwo bujura. ubu bujura bwakorerwaga abacururiza mu isoko ry’ahazwi nko […]

“Namukubise isuka mu mutwe” urubanza rw’umugabo wishe umugore n’umwana

Mu kagali ka Bujyujyu mu murenge wa muyumbo wo mu karere ka Rwamagana Haburanishijwe imanza 2 zose zifitanye isano n’ubwicanyi, aho muri zo harimo urubanza rw’ubwicanyi ndengakamere rw’umugabo wishe umugore we n’umwana we abakubise isuka mu mutwe. Uru rubanza hamwe n’urundi zaburanishijwe mu ntangiriro z’iki cyumweru tariki ya 24 werurwe 2026 Rubera kubiro by’akagari, aho […]

Imodoka ya Howo yaguye muri Nyabarongo

Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarusange Byicaza Jean Claude wo mu karere ka Muhanga, imodoka yari itwawe n’umushoferi witwa Mugwaneza Idrissa wakoreraga campany y’abashinwa yaguye mu mugezi wa nyabarongo uwo mushoferi ahasiga ubuzima. Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Musongati, Umurenge wa Nyarusange, mu Karere ka Muhanga Byicaza Jean Claude Avuga […]

Bamenyekanye, ibyo umusore n’umukobwa basanzwe bapfuye RIB igize icyo ibivugaho

Kumbuga nkoranyamabaga hari gucicikana inkuru y’umusore wigaga mu mwaka wa mbere wa kaminuza mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya RP TUMBA n’umukobwa bombi basanzwe bapfuye mu nzu uyu musore yabagamo, aya makuru akaba yamenyekanye kuwa 24 werurwe 2026. Abatanze aya makuru batabaza bavuga ko basanze uyu musore amanitse mu nzitiramibu naho umurambo w’umukobwa wo […]

BNR yavuze ko inoti zishaje zizaba zitagikorshwa guhere 01/03/2027

Kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe 2026 Banki Nkuru y’Igihugu-BNR yatangaje ko hari inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zigiye guhagarikwa burundu, nyuma y’icyemezo cyafashwe hashingiwe ku iteka rya Perezida No 11/01 ryo ku wa 27 Gashyantare 2026. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverineri wa BNR, Soraya M. Hakuziyaremye, hagaragajwe ko izi noti zizahagarikwa ku […]

Byinshi ku Itsinda ‘Abapansiyone’ rikomeje kwibutsa abakuze ubuto

Mu minsi ishize, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho y’itsinda ry’Abanyarwanda rizwi nka Abapansiyone, rikurura benshi kubera uburyo baryoherwa no kubyina indirimbo za kera zizwi nka “karahanyuze”, bambaye imyambaro ijyanye n’igihe cya kera cyane cyane mu myaka ya 1980. Abakurikirana ibikorwa by’iri tsinda bavuga ko ribibutsa ibihe byahise, by’umwihariko ku bantu bakuze bageze mu myaka […]

California: Urukiko rwategetse Bill Cosby kwishyura miliyoni 19,2$uwo yasambanyije mu 1972

Urukiko rwo muri Leta ya California, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwafashe icyemezo ku rubanza ruregwamo Bill Cosby, ruvuga ko ahamwa n’icyaha cy’ihohotera rishingiye ku gitsina cyakorewe Donna Motsinger mu mwaka wa 1972. Ibi byemejwe hashingiwe ku byatangajwe n’ubuyobozi bw’urukiko. Iki cyemezo cyatangajwe ku wa 23 Werurwe 2026, aho urukiko rwategetse Cosby kwishyura Motsinger […]

Muri abirasi kandi mwiratana ubusa. H.E Paul kagame yakebuye abayobozi

Perezida Paul Kagame yanenze bikabije abayobozi batuzuza inshinganozabo baba barahawe mu nzego zitandukanye, avuga ko babiterwa n’imico mibi kandi ko iyo yiganjemo ubwirasi nubwo baba babikora ntacyo bishingikirije. Yabigarutseho ubwo yasozaga Inama Nyunguranabitekerezo y’Abayobozi b’Inzego bwite za Leta n’inzego z’ibanze yabereye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako. Yitabiriwe n’abayobozi b’uturere, ba minisitiri batandukanye n’abandi. […]

Inkangu yafunze umuhanda wa Muhanga-Mukamira

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imvura nyinshi imaze iminsi igwa yatumye umuhanda wa Muhanga-Ngororero-Mukamira ufungwa by’agateganyo iboneraho no gutangaza indi mihanda iba ikreshwa mu gihe uyu wabaye ufunzwe. Ni amakuru Polisi yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ibinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X. Polisi y’Igihugu yasabye abakoresha uyu muhanda kwifashisha izindi nzira ndetse […]