Mu ijoro ryo kuwa 20 rishyira kuwa 21 werurwe 2026 imvura nyinshi yaguye mu Karere ka Huye yasenye ikiraro cyo mu kirere gihuza Akagari ka Gasumba ko mu Murenge wa Maraba n’Akagari ka Karambi mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, cyari cyarubakishijwe ingengo y’imari ya miliyoni 59 Frw. Iki kiraro cyasenyutse cyari cyubatse […]
Ikipe ya Manchester City yegukanye igikombe cya mbere mu gihugu muri uyu mwaka wa shampiyona, itsinze Arsenal ibitego 2-0 ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup wabereye kuri Wembley Stadium. Umukinnyi witwaye neza muri uyu mukino yabaye Nico O’Reilly watsinze ibitego byombi mu minota ine gusa mu gice cya kabiri, ibintu byahesheje iyi kipe intsinzi […]
Kuri uyu wa 20 werurwe nibwo inkuru y’inca mugongo yumvikanye ko umuhanzi w’umuhanga Muzehe Ngombwa Timothy Inyamibwa y’abakunze u Rwanda kugera no mu masaziro, Rwema rw’umutwe ingenzi yatumeneye, Rutaramanaguhiga, Ingeri yasumbye inkiko, Mihigo itarambira abahungu, Minega icyaha induru, isata ishoka bagasamara; aratabarutse. Amakuru avuga ko umuvandimwe we Theodore ari we wemeje urupfu rwe munijoro ryo […]
Kuri uyu wa 21 Werurwe 2026, mu Intare Conference Arena, Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yagejeje ijambo ku bitabiriye Inama Nkuru y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi, agaragaza ko umugore ari inkingi ikomeye mu kubaka umuryango n’igihugu muri rusange. Mu ijambo rye, Madamu Jeannette Kagame yibukije ko isi iri mu bihe by’impinduka zikomeye zirimo izishingiye ku […]
Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR bwashyize hanze urutonde rw’abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’umubwirizabutumwa baherewe mu Itorero rya ADEPR mu Rwanda nyuma yuko bahamijwe ibyaha bya Jenoside, aba barimo Pasiteri Uwinkindi Jean woherejwe n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rw’i Arusha, akaburanishirizwa mu Rwanda, agakatirwa gufungwa burundu. Iri tangazo rivuga ko icyemezo cyo kwirukana burundu bariya bantu, rishingiye ku […]
Kuri uyu wa gatatu, urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwatanze ikiganiro cyihariye ku banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, kigamije kubakangurira gusobanukirwa isi nshya batuyemo ya “Internet” n’ibyaha biyikorerwamo. Mu kiganiro Ygiranye n’abanyeshuri ndetse n’abayobozi muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, Dr. Murangira B. Thierry yagaragaje ko abakoresha ikoranabuhanga bose bamaze guhinduka […]
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’inkeragutabara muri Rwanda Defence Force (RDF), Alex Kagame, ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe 2026 yakiriye mu gihugu abasirikare 100 bageze ku Kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali International Airport bavuye mu butumwa bw’ubutabazi bakoze muri Jamaica. Abasirikare b’u Rwanda Defence Force (RDF) batahutse mu Rwanda nyuma yo kurangiza ubutumwa bwo gufasha […]
Umuhanzikazi Marina yemejwe ko azitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival byateganyijwe kuzenguruka u Rwanda mu mwaka wa 2026, nyuma y’imyaka itanu atagaragara ku rutonde rw’abahanzi babitaramamo. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Marina yatangaje ko yishimiye kongera kubona amahirwe yo gutaramira abakunzi b’umuziki mu bice bitandukanye by’Igihugu, nyuma y’igihe yari amaze atitabira ibi bitaramo. Yagize […]
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Ndayisaba Félicien n’umugore we Imanishimwe Rebecca, batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushinyagurira no guhisha imibiri y’abantu nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe ku wa 11 Werurwe 2026, nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bantu batandukanye baburiwe irengero. […]
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, byibanze ku mutekano mu karere n’umubano w’Ibihugu byombi. Abakuru b’Ibihugu bahuriye i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya kabiri yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nikeleyeri mu bikorwa bya gisivili. Iyi nama yabaye ku wa 10 Werurwe 2026, […]
