Semuhungu afunze azira Gukoresha undi imibonano mpuzabitsina kugahato n’ibindi

RIB yemeje ko dosiye ya Semuhungu Eric uherutse gutabwa muri yombi, yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B. Thierry niwe waduhamirije amakuru ko dosiye ya Semuhungu yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha. Amakuru atugeraho ku Imbaga […]

Arashinjwa ibyaha 5 Dosiye ya DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha

Dosiye ya Niyigaba Clement wamamaye nka DC Clement yashyikirijwe Ubushinjacyaha, ku ikubitiro akaba yarezwe ibyaha bitanu nubwo hari ibindi bigikorwaho iperereza nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha. Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr. Murangira B.Thierry yemereye Itangazamakuru ko dosiye ya DC Clement yagejejwe mu Bushinjacyaha kuri uyu wa 8 Mata 2026. Ati: “Nibyo koko dosiye ye […]

Kwibuka 7 Mata 1994: Ibyaranze umunsi wa mbere wa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ku itariki ya 7 Mata 1994, ni bwo Interahamwe n’umutwe w’abasirikare barindaga Perezida Habyarimana Juvénal batangiye gushyiraho amabariyeri mu duce twinshi tw’Umujyi wa Kigali, banatangira ibikorwa byo kwica Abatutsi. Uwari Minisitiri w’Intebe, Uwilingiyimana Agathe, hamwe n’abasirikare icumi b’Ababiligi bo mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye bari bashinzwe umutekano we, bishwe n’abasirikare ba Leta y’u Rwanda, mbere bakorewe […]

Miliyari 109 Frw zigiye gushorwa i Buhanga kwa Gihanga: Menya impamvu bihagurukiwe

Umurenge wa Nkotsi wo mu Karere ka Musanze wamuritse umushinga munini wo kuvugurura agace ndangamateka ka Buhanga kwa Gihanga, kazwi cyane mu mateka y’u Rwanda. Biteganyijwe ko uyu mushinga uzatwara arenga miliyari 109 z’amafaranga y’u Rwanda, angana na miliyoni 75 z’amadolari ya Amerika. Buhanga kwa Gihanga giherereye mu Mudugudu wa Barizo, Akagari ka Bikara mu […]

Dore amatike ahenze cyane bitewe n’ihinduka ry’Ibiciro by’ingendo mu Rwanda

Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abagenzi, mu buryo bwa rusange nyuma yuko Intambara iri kubera muburasurazuba bwo hagati yakomye mu nkora kuboneka kw’ibikomoka kuri peteroli. Iri hinduka rije rikurikira izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli, aho ku nshuro ya mbere mu mateka y’u Rwanda, lisansi na mazutu byarenze […]

Ibiciro bishya by’ingendo byavuguruwe ubu kigali – Kamembe ni 11,445Frw

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ingendo bisimbura ibyari bimaze imyaka ibiri bikoreshwa. Izi mpinduka zije zikurikiye izamuka rikomeye mu mateka y’u Rwanda y’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli kuko bwa mbere, Lisansi na Mazutu byarenze 2000 Frw, kimwe kikagera kuri 2.303 Frw ikindi aba 2.205 Frw. Mu Mujyi wa Kigali, umugenzi azajya yishyura 59.28 Frw kuri […]

Yatawe muri yombi azira gutwikira umuryango we mu nzu kubw’ibihumbi 80 Frw

Mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki ya 2 Mata 2026, mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Nyakabuye, habereye amahano aho umugabo yagejeje umugore n’abana ku munsi w’imperuka, ashaka kubatwikira mu nzu nyuma yo gushyamirana n’umugore we bapfuye amafaranga y’itsinda. Uyu mugabo witwa Kwizera Eric, w’imyaka 29, yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) nyuma y’aho […]

Ibyemezo bikomeye by’inama y’abaminisitiri yabaye kuwa 2 Mata 2026

Mu mpera z’iki cyumweru kuwa 2 Mata 2026, Inama y’Abaminisitiri yateranye yize ku ngingo zitandukanye zireba ubuzima bw’igihugu, guhera ku mateka, ubukungu, kugeza ku mavugurura mu buyobozi bukuru bw’igihugu. Ingingo yabanje kwitabwaho cyane ni imyiteguro yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Guverinoma yatangaje ko icyumweru cy’icyunamo kizatangira ku itariki ya […]

Iperereza kuri Ruswa ryiyongereye ku byaha DC Clement akurikiranyweho

Iperereza rikorerwa Niyigaba Clement, uzwi nka DC Clement, ryahawe indi nshuro ikomeye nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rugaragarije ko uyu mugabo ubu noneho atangiye gukurikiranwaho n’icyaha cya ruswa. Ibi bije byiyongera ku byaha by’ibanze yari yafatiweho birimo kwangiza ibintu by’undi no kurwanya ububasha bw’amategeko. ​Iki kibazo cyatangiye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Mata 2026, […]