Sudan Airways yageze i Khartoum nyuma y’imyaka 3 ubwikorezi bw’indege buhagaritswe n’intambara

Ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, indege y’abagenzi ya Sudan Airways yageze ku kibuga cy’indege cya Khartoum, ku nshuro ya mbere nyuma y’imyaka hafi itatu ibikorwa by’ubwikorezi bwo mu kirere bihagaritswe bitewe n’intambara yari imaze igihe ishegeshe Sudani. Ikigo gishinzwe indege za gisivili muri Sudani cyatangaje ko iyi ari “indege y’amateka”, kivuga ko igaragaza […]

Ubukene bumeze nabi mu muryango w’abibumbye UN

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko uyu Muryango wugarijwe n’ibura ry’amafaranga ku buryo nta hatagize igikorwa, amafaranga ufite azashira bitarenze mu kwezi kwa Nyakanga 2026. Ni ibikubiye mu ibaruwa Antonio Guterres yandikiye ibihugu binyamuryango 193 bya LONI. Antonio Guterres yavuze ko uyu Muryango uri mu kibazo cyo kuba washiranwa n’amafaranga kuko ibihugu byinshi […]

Perezida Kagame yatanze inama y’uburyo wakubaka urugo ruzira gatanya (Divorce)

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko adasobanukiwe uburyo abantu babiri bashakanye bananiranwa kubana kugeza aho batandukanye, ashimangira ko abashakanye bakwiye kwihanganirana, anaha abanyamadini umukoro wo gushaka igisubizo kirambye ku bibazo byugarije imiryango. Yabigarutseho kuri uyu wa 1 Gashyantare 2026, ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana (National Prayer Breakfast) ategurwa n’Umuryango Rwanda […]

Libya: Nyuma y’imyaka 16 ishize Umucuruzi yatunguwe no kwakira telefoni za Nokia yari yaratumije muri 2010

Umucuruzi wa matelefoni zigendanwa ukorera mu Mujyi wa Tripoli muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo wa matelefoni mato ya Nokia azwi nka push-button cyangwa matushe, yari yaratumije mu mwaka wa 2010, hashize imyaka 16 yose. Iyi nkuru igaragaza mu buryo bugaragara ingaruka z’imvururu n’intambara byibasiye Libya mu myaka irenga 15 ishize, bikangiza bikomeye ubwikorezi n’imikorere […]

Kamonyi: Abangavu babyariye iwabo bavuga ko ubufasha babonye bubagarurira ikizere

Bamwe mu bangavu babyariye iwabo n’abahoze mu mirimo ivunanye bo mu Mirenge ya Gacurabwenge na Mugina mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko ubuzima bari babayemo bwari bubakomereye cyane ku buryo nta cyizere cy’ejo hazaza babonaga, ariko ngo nyuma yo kwiga imyuga no guhabwa ibikoresho, bafite icyizere cyo kwitunga no kurera abana babo neza. Ibi bikoresho […]

Abanyeshuri ba UR-Huye mu muryango RASA babonye ubuyobozi bushya

Inshamake kuri RASA RASA mu magambo arambuye ni Rwanda Anglican Students Association; mukinyarwanda RASA ni umuryango w’abanyeshuri b’itorero angilikani mu Rwanda. uyu muryango ukorera mu mashuri makuru na kaminuza hirya no hino mu gihugu. Umuryango RASA wavutse mu mwaka wa 1997 uvukira mu mujyi wa Butare, mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda Université Nationale […]

27/01/ 2026 Iburayi bari kwibuka Genocide yakorewe Abayahudi mu nsanganyamatsiko “Guhuza Ibisekuru”

INSHAMAKE KURI GENOCIDE Y’ABAYAHUDI (The Holocaust) Genocide yakorewe abayahudi: iri tsembabwoko ryabaye hagati ya 1938  na 1946 ubwo leta y’ubudage yari iyobowe na Adolf Hitler yafashe gahunda yo kurimbura imbaga y’abayahudi bivugwa ko abayahudi bishwe bagera kuri 6.000.000 Abayahudi bafatwaga nk’abantu b’abahanga ku isi kubera ubumenyi babaga bafite wasangaga ahantu hake ku isi. Ibyo hari nko kuba bari […]

Umwaka urashize AFC/M23 ifashe Goma: ikiganiro na Corneille Nangaa

Ku wa Mbere tariki 26 Mutarama 2025, Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yagiranye ikiganiro n’igitangazamkuru dukesha iyi nkuru IGIHE cyabereye i Goma, agaruka ku bikorwa byagezweho mu mwaka umwe uyu mutwe umaze ugenzura uyu mujyi, anagaragaza ko urugamba rugikomeje kugeza igihe uburenganzira bw’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buzubahirizwa byuzuye. Umwaka urihiritse uyu umutwe […]

Google, Youtube,TikTok mu nkiko: Umukobwa w’imyaka 19 Yajyanye ibigo by’ikoranabuhanga mu Rukiko

umukobwa w’imyaka 19, uzwi ku mazina ya KGM, avuga ko uburyo imbuga nkoranyambaga zikoresha ibyitwa “algorithms” mu ndimi z’amahanga cyangwa porogaramu zigenzura ibyo abazisura babona, bwamuteye kuba imbata y’izi mbuga, bikamuviramo ingaruka mbi ku buzima bwe, kuko zamuteye uburwayi bwo mu mutwe. Avuga ko ibi byamuteje ibibazo birimo agahinda gakabije (depression) n’ibibazo byo kurya nabi. […]