Ruhango: Hongeye gupfa abantu 4 bazize kunywa inzoga y’inkorano

Abaturage bane bo mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Bweramana, bitabye Imana nyuma yo kunywa inzoga y’inkorano izwi nk’umusogongero, bikekwa ko yari ivanzemo ibindi bintu bishoboko ako aribyo byahitanye ubuzima bwabo. Ibi byabereye mu Kagari ka Rwinyana nk’uko byemezwa n’inzego zitandukanye z’aho byabereye. Amakuru atangwa n’abaturage bo muri ako gace avuga ko iyi nzoga bayinyoye […]

Michelle Yeoh agiye guhabwa inyenyeri y’icyubahiro muri Hollywood

Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Michelle Yeoh, uherutse gutumirwa mu Rwanda mu gikorwa cyo Kwita Izina Ingagi mu 2025, agiye guhabwa inyenyeri y’icyubahiro ahazwi nka Hollywood Walk of Fame ku wa 18 Gashyantare 2026. Iyi nyenyeri izaba ari iya 2836 itanzwe kuri uru rutambiro rw’icyubahiro, aho […]

DJ Neptune agiye kugaruka i Kigali mu gitaramo yise ‘Soundz of Neptune’

DJ Neptune yateguje igitaramo gikomeye azakorera i Kigali, agaragaza ko kizaba gitandukanye n’ibyo aheruka kuhakorera, hashingiwe ku byo yatangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Iki gitaramo cyiswe “Soundz of Neptune” giteganyijwe ku wa 21 Werurwe 2026, kikazabera muri Atelier du Vin i Kigali. Abategura iki gikorwa bavuga ko kiri mu murongo w’ibitaramo uyu […]

Umukino wa APR FC na Al Hilal SC ntukibereye ku Mahoro wimuriwe kuri Kigali Pelé Stadium

Umukino w’ikirarane cy’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’u Rwanda wagombaga guhuza APR FC na Al Hilal SC wahinduriwe ikibuga n’isaha ugomba kuberaho, bitewe n’ikibazo cy’amashanyarazi kimaze iminsi kigaragara kuri Stade Amahoro. Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 9 Gashyantare 2026, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League) rwatangaje […]

Amakipe 12, intego imwe! Isonga Intercenter Competitions ryateguwe na minisiteri ya siporo

Ku matariki ya 7–8 Gashyantare, mu kigo k’ishuri Collège Christ Roi, giherereye mu karere ka Nyanza, hari kubera irushanwa rya Isonga Intercenter Competitions ryateguwe na minisiteri ya siporo k’ubufatanye na leta y’ubufaransa ibicishije mukigega Agence Francaise de Developpement. Iri rushanwa rizitabirwa n’amakipe atandatu y’abakobwa ndetse n’amakipe atandatu y’abahungu, yose ahatanira imyanya ya mbere no kugaragaza […]

“Ubundi se bibarebaho iki”? Kimenyi kubifuza ko avuga ku mibanire ye na Muyango

Kimenyi Yves wahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru wabigize umwuga, yatangaje ko atifuza kugira icyo atangaza ku mibanire ye n’umugore we Muyango Claudine, ashimangira ko ubuzima bwabo bwite butareba rubanda. Ibi yabivuze nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gukwirakwira ibitekerezo n’amakuru atandukanye agaruka ku mubano wabo, bamwe bakeka ko haba hari ibibazo hagati yabo. Ibyo byakurikiye […]

Sudan Airways yageze i Khartoum nyuma y’imyaka 3 ubwikorezi bw’indege buhagaritswe n’intambara

Ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, indege y’abagenzi ya Sudan Airways yageze ku kibuga cy’indege cya Khartoum, ku nshuro ya mbere nyuma y’imyaka hafi itatu ibikorwa by’ubwikorezi bwo mu kirere bihagaritswe bitewe n’intambara yari imaze igihe ishegeshe Sudani. Ikigo gishinzwe indege za gisivili muri Sudani cyatangaje ko iyi ari “indege y’amateka”, kivuga ko igaragaza […]

Perezida Kagame yatanze inama y’uburyo wakubaka urugo ruzira gatanya (Divorce)

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko adasobanukiwe uburyo abantu babiri bashakanye bananiranwa kubana kugeza aho batandukanye, ashimangira ko abashakanye bakwiye kwihanganirana, anaha abanyamadini umukoro wo gushaka igisubizo kirambye ku bibazo byugarije imiryango. Yabigarutseho kuri uyu wa 1 Gashyantare 2026, ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana (National Prayer Breakfast) ategurwa n’Umuryango Rwanda […]

Rutsiro: Arahigwa bukware kubwo gufata kungufu umwana w’imyaka 9

Inzego z’umutekano mu Karere ka Rutsiro zirimo guhiga bukware umusore w’imyaka 19 ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka irindwi, bikekwa ko yamushutse amuha 100 Frw. Ibi byabereye mu Murenge wa Kigeyo, Akagari ka Buhindure, mu Mudugudu wa Agaharawe, ku mugoroba wo ku wa 31 Ukuboza 2026. Aya makuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa Wungirije w’Umurenge wa Kigeyo, Mukaferesi Irene, […]

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano igiye kuba ku nshuro ya 20 muri Gashyantare 2026

Guhera ku tariki ya 5 kugeza ku ya 6 Gashyantare 2026, hategerejwe Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20, izitabirwa n’Abanyarwanda bahagarariye ibyiciro bitandukanye birimo abayobozi mu nzego z’Igihugu, Abanyarwanda baba mu mahanga, abahagarariye ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga, abafatanyabikorwa mu iterambere ndetse n’abahagarariye ibitangazamakuru bitandukanye. Iyi nama izakurikirana iheruka kuba ku nshuro ya 19, yabaye kuva […]