NIYIGENA Clement wanze amakipe akomeye yahisemo gusinyira Smouha aho yizeye umwanya

author
2 minutes, 23 seconds Read

NIYIGENA Clement washakishwaga n’amakipe akomeye yo mubarabu abigiriwemo inama nabamufashije kuguma muri Egypt bahisemo ko yasinyira ikipe ya Smouha aho yizeye umwanya uhoraho mugihe yazitwara neza ayo makipe akamugura amuzi neza.

Niyigena Clement w’imyaka 25 yari amaze iminsi atari mu Rwanda kuko nyuma y’uko ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” isoje umwiherero yakoreraga mu Misiri mu kwezi gushize, Niyigena yagumye muri iki gihugu ashaka ikipe nshya.

Niyigena Clement yari yavuzwe mu ikipe ya Ceramica Cleopatra SC nayo ikina Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Misiri ariko byarangiye asinyiye ikipe ya  Smouha Sports Club ku bihumbi 60 by’Amadorali n’umushahara w’ibihumbi 5 by’Amadorali.

Smouha SC ni ikipe yo mu Mujyi wa Alexandria yambara amabara y’ubururu, yashinzwe mu 1949 na Joseph Smouha ari nawe yitiriwe, bivuze ko imaze imyaka 77 iriho. Iyi kipe ikaba ikinira kuri Sitade yitwa Alexandria Stadium yakira abafana bakabakaba 13,700.

N’ubwo Smouha SC yashinzwe mu 1949 ariko ikipe yayo y’umupira w’amaguru yashinzwe muri 2008-09 ari nabwo yatangiye kwitabira amarushanwa mu cyiciro cya kabiri mbere yo kuzamuka mu cycirico cya mbere muri 2010-11.

Smouha SC ntabwo ari ikipe y’ibigwi bikomeye mu Misiri kuko ntabwo iratwara igikombe cya Shampiyona cyangwa igikombe cy’igihugu mu mateka yayo, muri 2013-14 yasoreje ku mwanya wa 2 muri Shampiyona naho muri 2013-14 na 2017-18 yatsindiwe ku mukino wa nyuma mu gikombe cy’igihugu.

Smouha SC yitabiriye imikino ya CAF Champions League inshuro imwe muri 2015, aho yayisoje ari iya nyuma mu itsinda ryarimo Moghreb Tetouan yo muri Maroc, Al Hilal yo muri Sudani (Yakinnye Shampiyona y’u Rwanda) na TP Mazembe yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi kipe yanitabiriye imikino ya CAF Confederation Cup inshuri imwe muri 2017 aho nabwo yarangiye imikino y’amatsinda ari iya nyuma mu itsinda ryarimo ZESCO United yo muri Zambia, Recreativo do Libolo yo muri Angola na Al Hilal El Obeid yo muri Sudani.

Mu mwaka ushize w’imikino, Smouha SC yasoreje ku mwanya wa 6 mu makipe 21 n’amanota 31, naho mu mikino ya kamarampaka isoreza ku mwanya wa 7 mu makipe 7 n’amanota 31.

Inama yo gusinyira Smouha yayigiriwe na KAGIMBURA Jean de Dieu ari nawe wamufashije kubona ikipe muri Egypt, ibibyamufashije kubona aho akina no gukomeza kubaka career ye.

NIYIGENA Clement yahawe akavagari k’amafaranga ashobora kuba agiye kumufasha kurangiza kubaha Etage ye

Amakuru nyayo kuri Contract ya Niyigena Clement, ubundi amakipe yo mubarabu ntago atanga recruitment ariko afite uko iyatanga ugasanga yagendeye muri Salary

Total of contract ku myaka 2 ni 430000 USD agahabwa Signing on fee ya 50% mu myaka 2 angana na 215k agabanijwe mu myaka 2, umwaka wa mbere agisinya bamuhaye 90K, umwaka wa 2 ugitangira bazamuha 125K, Salary umwaka wa mbere bazamuhemba 8500 usd, umwaka wa kabiri azahabwa 12500 usd kuko andi bayamuhaye muri signing on fee niko muri Egypt bahemba.

Ariko Salary ye aba ari 18k ku kwezi umwaka wa mbere, umwaka wa kabiri ni 25K kuko bahemba 10 months, ngako akavagari umuhungu wacu agiye gukorera mubarabu

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *