Ubwato rutura bwa FDNB bwaburiwe irengero

author
1 minute, 10 seconds Read

Amakuru akomeje kuvugwa mu nzego za gisirikare z’u Burundi agaragaza ko ubwato bwa gisirikare bwakoreshwaga mu gucunga umutekano no kurinda imipaka yo mu Kiyaga cya Tanganyika bumaze iminsi ibiri butaboneka.

Ubwo bwato bwo mu bwoko bwa patrouilleur bwari busanzwe bukora ibikorwa byo kurinda umutekano mu kiyaga, ndetse bukanafasha guherekeza ubundi bwato butwara abasirikare n’ibikoresho bya gisirikare byoherezwa mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Amakuru aturuka mu bantu bakurikiranira hafi ibikorwa bya gisirikare avuga ko ubwato bwabuze mu gihe bwari butegerejwe kwifashishwa mu gutwara abasirikare bakomerekeye ku rugamba, hamwe n’imirambo y’abaguye mu mirwano yabereye mu bice bya Minembwe na Point Zéro.

Hari kandi amakuru avuga ko mu mpera z’icyumweru gishize hari ingabo z’u Burundi zasubiye inyuma ziva mu birindiro zari zifite muri ibyo bice, mu gihe abasirikare bo muri batayo ya 33 TAFOC bavuga ko bagikomeje kuguma mu gace ka Rugezi kubera kubura uburyo bwo kwimurwa.

Kugeza ubu, impamvu y’ibura ry’ubwo bwato ntiratangazwa ku mugaragaro, ndetse nta rwego rwa Leta y’u Burundi cyangwa igisirikare cyayo ruragira icyo rubivugaho.

Ubwo bwato buzwiho kugira ubushobozi bwo gukora ingendo zihuse no gutwara intwaro ziremereye, bikaba bituma bukoreshwa mu bikorwa byo gucunga umutekano no kurinda inyungu za gisirikare mu Kiyaga cya Tanganyika.

Amakuru akomeje gukurikiranwa kugira ngo hamenyekane icyabaye kuri ubwo bwato n’ingaruka bishobora kugira ku bikorwa bya gisirikare biri kubera mu burasirazuba bwa RDC.

Biravugwa ko ubwato bwa gisirikare bw’u Burundi bwaburiwe irengero mu Kiyaga cya Tanganyika.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *