Arsenal yatangiye neza urugendo rwo kwisubiza igikombe cya Premier League

author
2 minutes, 9 seconds Read

Arsenal yatangiye neza cyane urugendo rwo kwisubiza igikombe cya Premier League, itsinda ikipe ya Coventry City yazamutse mu cyiciro cya mbere ibitego 3-0 kuri Emirates Stadium ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 21 Kanama 2026.

Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona mu 2025/26, bategereje imyaka 22 kugira ngo bongere kugitsindira bayoboye umukino wa mbere wa shampiyona ya 2026/27 kuva utangiye kugeza urangiye. Ibitego bya Kai Havertz, Bukayo Saka na kapiteni Martin Ødegaard byahesheje Arsenal intsinzi itaruhije, bituma ijya ku mwanya wa mbere w’agateganyo muri Premier League n’amanota atatu.

Kai Havertz yafunguye amazamu ku munota wa 15. Nyuma y’uko myugariro wa Coventry, Milan van Ewijk, atakaje umupira, Riccardo Calafiori yahise awutanga imbere y’izamu, Havertz awushyira mu rushundura neza ari imbere mu rubuga rw’amahina.

Nyuma y’iminota umunani gusa, Bukayo Saka yatsinze igitego cya kabiri. Declan Rice yakoranye neza na Ødegaard mbere yo guha umupira Christos Tzolis. Umugereki yahise awutera imbere y’izamu, ariko umunyezamu Carl Rushworth awukuramo mu buryo butuzuye, Saka ahita awushyira munshundura.

Ødegaard yaje gutsinda igitego cya gatatu ku munota wa 49, mu ntangiriro z’igice cya kabiri, nyuma y’igikorwa cyatangijwe na Ben White. Icyo gitego cyatumye intsinzi ya Arsenal irushaho kutagira impungenge. Umutoza Mikel Arteta yahise abona umwanya wo kuruhura bamwe mu bakinnyi be bakomeye, barimo Saka, Ødegaard na Rice.

Iyi ntsinzi yabaye iya 150 ya Mikel Arteta muri Premier League kuva atangiye gutoza Arsenal, akaba ayigezeho nyuma y’imikino 249. Ibi byatumye yinjira mu itsinda ry’abatoza bake bageze kuri uwo mubare w’intsinzi mu gihe gito.

Arsenal kandi yakomeje amateka yayo meza yo kudatsindwa n’amakipe azamutse mu cyiciro cya mbere uko iyakiriye ku kibuga cyayo. Ubu imaze imikino 46 idatsindwa muri iyo mikino, aho yatsinzemo 41 ikanganya itanu.

Coventry City, yari yongeye kugera muri Premier League nyuma y’imyaka 25 iyobowe na Frank Lampard, nyuma yo gutsindira Championship, yananiwe kurema uburyo bukomeye bwo gutsinda. Ikipe ya Sky Blues yagerageje gutera amashoti make gusa, mu gihe Arsenal yayoboye umuvuduko n’imigendekere y’umukino.

Iyi ntsinzi yakurikiye iy’ibitego 3-0 Arsenal yatsinze Manchester City mu mukino wa Community Shield wabayeho iminsi itanu mbere, ibintu byerekana ko iyi kipe yatangiye shampiyona imeze neza nyuma y’imyiteguro yayo.

Mu gihe indi mikino ya Premier League yari itarakinwa muri iyo weekend, Arsenal yahise yicara ku mwanya wa mbere w’agateganyo, ndetse itangira gufatwa nk’imwe mu makipe afite amahirwe menshi yo kongera gutwara igikombe.

Nubwo imikino ikomeye ikiri imbere harimo urugendo izagirira Aston Villa mu mpera z’uku kwezi iyi ntsinzi yabaye ubutumwa bukomeye kuyandi makipe bazakina.

Arsenal irifuza kongera kwisubiza igikombe bwambere kuva mu ntangiriro z’imyaka ya 1930 ibashije gutwara ibikombe bya Premier League bikurikirana.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *