Umukino wa nyuma wa UEFA Champions League 2025/26 uzahuza ikipe isanganywe igikombe giheruka, Paris Saint-Germain, na Arsenal FC, yatwaye Premier League, kuri stade ya Puskás Aréna ku wa Gatandatu kuri 30 Gicurasi 2026. Uyu mukino uzaba ari ihangana rikomeye hagati y’ubusatirizi buhagaze neza mu isi ya football n’ubwugarizi bukomeye bukomeje guca uduhigo i Burayi, uyumukino abenshi bitezemo kubona intambara y’amayeri i Budapest
PSG yarangije icyiciro cya league phase iri ku mwanya wa 11, ariko iza ubukaka bukomeye mu mikino yo gukuranamo. Basezereye Monaco ku giteranyo cya 5-4, batsinda Chelsea 8-2, batsinda Liverpool 4-0, hanyuma banatsinda Bayern Munich mu mukino ukomeye warangiye ari 6-5 byose hamwe. PSG yatsinze ibitego 44 muri iri rushanwa, igaragaza ubukana mugice cy’ubusatirizi bwayo kiyobowe na Luis Enrique.
Ku ruhande rwa Arsenal, yo yitwaye neza kuva mu ntangiriro: kuko yarangije ari iya mbere mu matsinda idatsinzwe, itsinze imikino 8 yose. Nyuma yasezereye Bayer Leverkusen, Sporting CP, na Atlético Madrid. Yinjijwe ibitego 6 gusa mu mikino 14 yose, ibintu byagaragaje ubwugarizi bukomeye bwubatswe na Mikel Arteta. Arsenal kandi ishaka gutwara Champions League yayo ya mbere mu mateka.
PSG ikina umupira wihuta, gusatirana cyane no guhanahana umupira, ikaba ifite bakinnyi bakomeye harimo: Ousmane Dembélé, Khvicha Kvaratskhelia, Vitinha, João Neves, Warren Zaïre-Emery
Ba myugariro bo ku mpande, Achraf Hakimi na Nuno Mendes, nabo bagira uruhare mu busatirizi.
Arsenal yo yibanda ku gukina ituje, gufunga neza inyuma no gukoresha counter-attack, ubwugarizi buyobowe na: William Saliba, Gabriel Magalhães, Jurrien Timber
Igaruka rya Timber mu myitozo ni inkuru nziza cyane ku Arsenal kuko yongerera imbaraga ubwugarizi bwayo.
PSG irashaka kwisubiza igikombe cya Champions League inshuro ebyiri zikurikiranya, ibintu byaherukaga gukorwa na Real Madrid CF naho Arsenal yo irashaka igikombe cya mbere cya Champions League mu mateka yayo.
Uyu mukino uzabera i Budapest, aho itsinda ry’umuziki rya The Killers rizataramira abitabiriye mbere y’umukino.
Abasesenguzi benshi bavuga ko PSG ifite amahirwe kubera ubusatirizi bwayo, ariko Arsenal nayo ifite ubwugarizi bukomeye cyane kandi ishobora gukoresha neza ububuryo igatwara igikombe.
