Ebola Ikomeje Gukaza Umurego Muri RDC: Abanduye Biyongereyeho 41 Mu Munsi Umwe

Minisiteri y’Ubuzima muri Democratic Republic of the Congo yatangaje ko umubare w’abanduye icyorezo cya Ebola cyo mu bwoko bwa Bundibugyo ukomeje kuzamuka, aho kugeza ku wa 10 Kamena 2026 abantu 676 bari bamaze kwemezwa ko bayanduye. Imibare mishya igaragaza ko mu gihe cy’umunsi umwe hiyongereyeho abanduye 41, ibintu byerekana ko iki cyorezo kigikomeje gukwirakwira mu […]

Ubutumwa Bw’Amahoro Bw’u Rwanda Bwongeye Gukora Ku Mitima y’Abaturage ba Sudani y’Epfo

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri South Sudan, zifatanyije n’abapolisi b’u Rwanda ndetse n’umuryango ushinzwe ibikorwa by’ubuzima, batangije igikorwa cyo gutanga serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage bo mu gace ka Gudele mu murwa mukuru Juba. Abaturage barenga 200 bamaze guhabwa serivisi zitandukanye zirimo kwisuzumisha indwara rusange, ubuvuzi bw’amenyo, kwita ku […]

Kabila Yaburiye Abanye-Congo Ku Mugambi Wo Guhindura Itegeko Nshinga

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yatangaje ko igihugu cye gishobora kwerekeza ku butegetsi bw’igitugu niba umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga ukomeje. Mu butumwa yagejeje ku baturage ku wa 11 Kamena 2026, Kabila yavuze ko ibimenyetso biri kugaragaza ko ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi buri gushyira imbaraga mu guhindura Itegeko Nshinga, […]

AFC/M23 yamaganye raporo ya Human Rights Watch iyishinja ibyaha by’intambara

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ritemeranya na raporo iherutse gusohorwa n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), riyishinja kubogama no kutagaragaza ishusho nyayo y’ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 10 Kamena 2026, AFC/M23 yavuze ko iyo raporo yibanze cyane ku birego biyiregwa, ariko ikirengagiza […]

Amerika yasabye u Bubiligi gukaza ingamba ku bagenzi bava muri RDC kubera Ebola

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje impungenge ziterwa n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zisaba u Bubiligi gufata ingamba zikomeye ku bagenzi baturuka muri iki gihugu. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru De Morgen ku wa 9 Kamena 2026, Ambasaderi wa Amerika mu Bubiligi, Bill White, yasabye ubutegetsi bw’u Bubiligi kugenzura no kugabanya […]

Intambara ya Irani igiye guhagarikwa kubera itora ry’Abadepite

Nyuma yo gutora inshuro enye, byarangiye Abadepite ba Amerika bemeje ibitero bigabwa kuri Irani bihagarikwa. Ibi byagezweho ubwo Abadepite bane bo mu Ishyaka ry’Abarepubulikani biyungaga Abademokarate, nk’uko tubikesha ikinyamakuru BBC, bituma iri tegeko ritsinda ku majwi 215 kuri 208 afatwa nk’ayemewe. Abarepubulikani Thomas Masssie, Brian Fitzpatrick, Tom Barret na Warren Davidson nibo bahinduye uruhande bituma […]

AFC/M23 Yaburiye FARDC ku Bitero Bishya, Ivuga ko Izasubiza Inyuma Abazabigaba

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryiteguye guhangana n’igitero icyo ari cyo cyose cyazagabwa n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abo bafatanya, rivuga ko rizafata ingamba zikomeye zo kurinda abaturage n’ibice rigenzura. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 1 Kamena 2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko mu kwezi kwa Gicurasi habaye imirwano n’ibitero […]

Perezida Ruto Yahakanye Ibivugwa ku Kwakira Abarwayi ba Ebola b’Abanyamerika muri Kenya

Perezida wa Kenya, William Ruto, yatanze ibisobanuro ku mpaka zimaze iminsi zivugwa ku mushinga wo gushyiraho ikigo cyihariye cyo kwitegura guhangana n’icyorezo cya Ebola, nyuma y’impaka n’imyigaragambyo byagaragajwe n’abaturage bamwe. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Perezida Ruto yavuze ko gahunda iri gukorwa igamije kongerera igihugu ubushobozi bwo gukumira no guhangana n’indwara z’ibyorezo, aho yashimangiye ko ubuzima […]

Iran yaturikije ibigo 20 by’Amerika

Amakimbirane ya gisirikare hagati ya Iran na Amerika akomeje gufata indi ntera, nyuma y’amakuru agaragaza ko ibitero Iran imaze igihe igaba byangije ibikorwa remezo n’ibikoresho bya gisirikare bya Amerika biri mu bihugu bitandukanye byo mu Burasirazuba bwo Hagati. Raporo zitandukanye zigaragaza ko ibigo byinshi bya gisirikare bya Amerika byahuye n’ibyangiritse biturutse ku bitero bya misile […]

Ebola Yongeye Kwiyongera muri RDC, Abanduye Bemejwe Bageze kuri 282

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko umubare w’abamaze kwemezwa ko banduye icyorezo cya Ebola wageze kuri 282, nyuma y’uko hagaragaye abantu 19 bashya basanzwemo iki cyorezo mu bipimo biherutse gukorwa. Imibare yatangajwe n’inzego za leta igaragaza ko Intara ya Ituri ari yo yibasiwe cyane n’iki cyorezo, aho habarurwa abantu 264 bamaze […]