Abarimo Barafinda Fred Sekikubo bakatiwe iminsi 30 y’agateganyo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko abarimo Barafinda Sekikubo Fred, Mazimpaka Patrick, Nizeyimana Didier, Japhet Nkeramihigo na Tumukunde bafungwa iminsi 30 y’agateganyo, ariko se bakurikiranyweho ibihe byaha? Icyemezo cy’urukiko cyasomwe kuri uyu wa 25 Gashyantare 2026. Abaregwa bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza no gutangaza amakuru y’ibihuha bakoresheje imbuga nkoranyambaga by’umwihariko YouTube ya Muchoma yitwa Sana TV […]

Gahunda ya FIFA Forward iri kubaka umusingi ukomeye w’ejo hazaza h’umupira w’amaguru ku isi hose.

Perezida Paul Kagame yagaragaje umusanzu wa gahunda ya FIFA Forward yatangijwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi FIFA mu guteza imbere umupira w’amaguru hirya no hino. Gahunda ya FIFA Forward iri kubaka umusingi ukomeye w’ejo hazaza h’umupira w’amaguru ku isi hose. Mu myaka 10 ishize, FIFA Forward yafashije amashyirahamwe y’umupira w’amaguru atandukanye ku Isi arenga 200, […]

Stade Amahoro yafunzwe by’agateganyo kubera imyiteguro ya FIFA Series 2026

Kubera imyiteguro y’irushanwa ritegurwa na FIFA rizwi nka FIFA Series 2026, Stade Amahoro yafunzwe by’agateganyo kugira ngo ibanze itunganywe. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa, ubwo yasobanuraga impamvu habayeho impinduka mu mikino imwe n’imwe ya shampiyona. Mu kiganiro yagiranye na RBA, Karangwa yavuze ko iki kibuga kitari mu bikoreshwa muri iki […]

Abo Leta izishyurira: Mituweli izajya yishyurwa kugeza ku 20,000 Frw guhera umwaka utaha

Kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026 hijihijwe imyaka 25 ishize Leta y’u Rwanda ishyizeho ubwisungane mu kwivuza bwa mituweli (Mutuelle de sante), ndetse hanerekanwa ku mugaragaro uburyo bwo kwishyura mituweli bijyanye n’imisanzu mishya ivuguruye bikaba byabereye mu karere ka Gasabo na Kayonza. Hatangajwe serivisi ziyongereye kuzari zisanzwę zihabwa abakoresha mituweli zirimo kuyungurura amaraso ku bafite […]

Minisitiri Nduhungirehe yavuzeko FDLR igihari imvugo z’urwango zitazacika mu karere

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko imvugo zibiba urwango zishobora gukomeza gukwirakwira mu karere igihe cyose umutwe wa FDLR ugihari. Yabivugiye mu nama mpuzamahanga yo kurwanya ivangura yabereye mu Busuwisi ku wa 23 Gashyantare 2026. Mu ijambo rye, Minisitiri Nduhungirehe yagarutse ku ngaruka z’imvugo zibiba urwango, avuga ko iyo zititaweho kandi zigafatwa […]

Abantu babiri bitabye Imana bazize impanuka yabaye mu isiganwa rya Tour Rwanda 2026

Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana bazize impanuka yabaye ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, ubwo harebwaga agace ka mbere k’iri siganwa kahagurukiye mu Karere ka Gicumbi kagasorezwa i Rwamagana. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwavuze ko iyi mpanuka yabereye i […]

Abanyarwanda batuye i Burayi bagiranye ibihe byiza n’aba Minisitiri bo mu Rwanda i Paris

i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 21 Gashyantare 2026, abarenga 500 biganjemo urubyiruko baturutse mu bihugu by’i Burayi bahuriye mu gikorwa cyo kungurana ibitekerezo ku bumwe n’ubudaheranwa mu nsanganyamatsiko “Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda”. Ni igikorwa kitabiriwe na minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, Minisitiri w’umuco na sporo Nelly Mukazayire, abambasaderi ndetse n’abanyarwanda […]

MINICT yahakanye amakuru y’uko TikTok yafunguye ‘monétisation’ mu Rwanda

Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT) yahakanye amakuru yari amaze iminsi akwirakwira avuga ko urubuga rwa TikTok rwafunguye uburyo bwo kwinjiza amafaranga (monétisation) ku bakoresha uru rubuga bari mu Rwanda. Ni amakuru yari yakiriwe neza n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bamwe bagaragaza ibyishimo ko bashobora gutangira kubona amafaranga binyuze ku byo bashyira kuri TikTok. Gusa MINICT […]

Denmark yafunguye ambasade i Kigali

Igihugu cya Denmark cyafunguye yacyo nshya i Kigali mu Rwanda, igikorwa gifatwa nk’intambwe ikomeye mu gukomeza umubano wa dipolomasi n’ubufatanye mu bukungu hagati y’ibihugu byombi. Iyi ntambwe igaragaza icyerekezo cya Denmark cyo kubaka ubufatanye bungana kandi burambye n’ibihugu bya Afurika, aho u Rwanda rubonwa nk’igihugu gifite umutekano, iterambere ryihuta ndetse n’urwego rwiza mu bucuruzi, no […]

Dore ibyiza biterwa no kurira utari uzi

Wabonye ukuntu nko mu muryango nyarwanda no mu muco rusange, kurira akenshi bifatwa nk’intege nke? Umwana abwirwa guceceka, umuntu mukuru akabwirwa ko “ungana nkawe adakwiye kuba arira”, naho naho ngo “amarira y’umugabo atemba ajya mu nda.” Nyamara Ariko burya ni ukwibeshya, si ko ukuri kwa siyansi n’ubuzima bwo mu mutwe bubivuga. Kurira si intege nke, […]