“Nyabwishongwezi: Agasozi katarangwa n’ibyatsi gusa, ahubwo n’amasomo y’ubutwari budashonga”

I Rwanda ruzindutse rwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu kuri uyu wa 1 Gashyantare 2026, amaso y’abatari bake akomeje guhangwa ku gasozi ka Nyabwishongwezi mu Karere ka Nyagatare. Aka gasozi, kamenyekanye cyane nk’ahaguye Maj. Gen. Fred Gisa Rwigema, ntikagifatwa nk’ahantu nyaburanga gusa, ahubwo kamaze guhinduka ishuri ryo ku rwego rwo hejuru ku bifuza kwiga ubutwari n’urukundo rw’igihugu. […]

Ubutwari si amagambo gusa – Minisitiri Dr Bizimana

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda kudafata ubutwari nk’amateka yo gusoma gusa, ahubwo rukabufata nk’indangagaciro igomba kuranga Umunyarwanda muzima. Yabigarutseho mu gitaramo cyo kwizihiza no gusingiza Intwari z’Igihugu, cyabaye mu ijoro rishyira ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu, cyateguwe n’Umujyi […]

Nyagatare: Umusore w’imyaka 20 yatemye mugenzi we ijosi

Nshimiyimana Robert, wo mu Mudugudu wa Mugali, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare, yatawe muri yombi akekwaho gutema mugenzi we ijosi, nyuma y’amakimbirane bagiranye ubwo barimo basangira inzoga mu kabari. Uru rugomo rwabaye mu gicuku gishyira mu rukerera rwo ku wa Gatanu, aho aba basore bombi bari basangiye inzoga mu kabari, bikaza kurangira bagiranye amakimbirane […]

Libya: Nyuma y’imyaka 16 ishize Umucuruzi yatunguwe no kwakira telefoni za Nokia yari yaratumije muri 2010

Umucuruzi wa matelefoni zigendanwa ukorera mu Mujyi wa Tripoli muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo wa matelefoni mato ya Nokia azwi nka push-button cyangwa matushe, yari yaratumije mu mwaka wa 2010, hashize imyaka 16 yose. Iyi nkuru igaragaza mu buryo bugaragara ingaruka z’imvururu n’intambara byibasiye Libya mu myaka irenga 15 ishize, bikangiza bikomeye ubwikorezi n’imikorere […]

Brig Gen Jean-Paul Nyirubutama yagizwe Umujyanama wungirije muby’umutekano

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho abayobozi bashya mu rwego rw’umutekano n’ingabo, aho Brig Gen Jean-Paul Nyirubutama yagizwe Umuyobozi Wungirije Mukuru w’Inama mu by’Ingabo n’Umutekano mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, mu gihe James Wizeye yagizwe Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS). Iri shyirwaho ry’aba bayobozi bashya ryatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze […]

Abakuru b’Ibihugu bahuriye i Kigali ku kibazo cy’umutekano wo mu Burasirazuba bwa RDC

Uyu munsi tariki ya 30 Mutarama 2026 mubiro by’Umukuru w’igihugu village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yagiranye inama yihariye (tête-à-tête) na Faure Gnassingbé, Perezida w’Inama nkuru y’Igihugu ya Togo ndetse n’Umuhuza Mukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ku bijyanye n’igikorwa cyo gushakira amahoro iburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Nyuma y’iyo nama, Abakuru […]

RIB yafunze abarimo Barafinda Sekikubo Fred

RIB yafunze Barafinda Sekikubo Fred, Mazimpaka Patrick na Nkeramihigo Japhet bakurikiranweho gutangaza amakuru y’ibihuha ashobora guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda babinyujije ku miyoboro itandukanye ya YouTube. Abaregwa bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimironko, Kicukiro na Kimihurura mu gihe iperereza rikomeje ku byaha bakurikiranweho. RIB irongera kuburira abantu bose kwirinda gukoresha imbuga nkoranyambaga mu […]

Umurizabageni Nadia yasohoye igisigo gihumuriza abakobwa batinze gushaka. “Nacumuye iki?”

Umurizabageni Nadia yasohoye igisigo gishya “Nacumuye Iki?” gihuza ihumure n’ihungabana ry’abakobwa batinze gushaka Umusizi Umurerwa Uwimbabazi Nadia, uzwi cyane ku izina ry’umwuga “Umurizabageni Nadia”, yashyize hanze igisigo gishya yise “Nacumuye Iki?”, kigamije guhumuriza no kongerera imbaraga abakobwa bumva baratinze kubona abagabo, nyamara bitaturutse ku bushake bwabo. Iki gisigo kigaruka ku marangamutima akomeye akunze kwiyumvamo abakobwa […]

BNR yahagaritse Mobicash amezi atatu idakora mu Rwanda

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo ibikorwa by’ikigo Mobicash Rwanda Ltd mu gihe cy’amezi atatu. Ibi bihano byatangiye gukurikizwa guhera ku itariki ya 23 Mutarama 2026, nyuma y’aho bigaragariye ko iki kigo cyakomeje kurenga ku mabwiriza agenga uburyo bwo kwishyurana mu Rwanda. Impamvu y’iri hagarikwa n’icyo bivuze ku bakiliya Nk’uko bigaragara […]

Mu Rwanda hagiye kubakwa kaminuza nkuru ya gisirikare

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 28 Mutarama 2026, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yemeje umushinga w’itegeko rishyiraho Kaminuza Nkuru y’Ingabo z’Igihugu (National Defence University – NDU), igiye kuba ikigo nyamukuru cy’amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru mu ngabo z’u Rwanda (RDF). Iyi ni intambwe ikomeye mu gushyira mu bikorwa umugambi w’igihe kirekire wo […]