APR FC inganyije na Bugesera FC ibitego 2-2 mu mukino w’Umunsi wa 19 wa Shampiyona y’u Rwanda wabaye tariki 7 Gashantare 2026, waberaga kuri Bugesera stadium, uyumukino wari butangire saa 15:00 ariko kubera imbogamizi z’urugendo ikipe ya Bugesera FC yahuye nazo zitayiturutseho, abayobozi b’umukino bemeje ko utangira saa 15:30. Umukino watangiye APR FC ifite imbaraga […]
Kuri uyu wa 7 Gashyantare 2026, muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye habereye amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi ahuza amashuri makuru na kaminuza, ku nshuro ya kabiri. Yari afite insanganyamatsiko igira iti: “Ubuhanzi, inkingi y’ubukungu burambye.” Aya marushanwa yabereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, ahuza ICK, Kaminuza ya Gitwe, RP Huye na Kaminuza […]
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yijeje Abanyarwanda ko umutekano w’Igihugu urinzwe neza, abasaba kuryama bagasinzira batekanye kuko ingamba z’ubwirinzi zashyizweho zikomeje gukora uko bikwiye. Ibi yabivuze ku wa 6 Gashyantare 2026, ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iri kubera muri Kigali Convention Centre, ihuriza hamwe inzego zitandukanye z’igihugu n’abahagarariye ibyiciro binyuranye by’Abanyarwanda. […]
kuri uyu wa 07 Gashyantare 2026 muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya huye hagiye kubera Amarushanwa ngarukamwaka y’imbyino gakondo n’ubusizi nyarwanda ku nshuro ya 2 ategurwa na minisiteri y’urubyiruko n’iterambere ry’ubuhanzi MOYA, uyu mwaka akaba afite insanganyamatsiko “UBUHANZI INKINGI Y’UBUKUNGU BURAMBYE”. Aya marushanwa ari kuba ku nshuro ya 2, ahera ku rwego rw’intara nyuma agakomereza […]
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yasabwe gufata ingamba zifatika mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, hagamijwe gushimangira umutekano n’amahoro arambye mu gihugu cye no mu karere ka Afurika yo hagati n’Iburasirazuba. Ibi byagarutsweho mu biganiro yagiranye n’abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ruzinduko […]
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, yateranye kuva kuri uyu wa kane ,iteranye ku nshuro yayo ya 20, imibare yagaragaje ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse bukagera ku 8.9% buvuye ku 8.2% mu mwaka wa 2024 -2025 . Byatangajwe Minisitiri w’Intebe Dr Justin NSENGIYUMVA ubwo yagarukaga kubyagezweho.Ni mugihe imibare igaragza ko ubukungu bwakomeje kuzamuka kumpuzandengo ya 8.7%. Minisitiri […]
Urubuga rwa Leta y’u Rwanda rutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga, Irembo, rwegukanye igihembo cya Best Government Service in the World mu marushanwa ya GovTech Prize 2026, gihabwa serivisi za Leta zikoresha ikoranabuhanga neza kurusha izindi ku Isi. Icyo gihembo cyatangiwe mu Nama Mpuzamahanga ya za Guverinoma (World Government Summit) yabereye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe […]
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko abayobozi bahabwa ibyangombwa n’amikoro yo gukorera abaturage bagomba kubahiriza inshingano zabo, kandi uwabirenzeho akabibazwa, byaba ngombwa akaryozwa ibyo yakoze. Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Gashyantare 2026, ubwo yatangizaga ku mugaragaro Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ku nshuro ya 20 yabereye muri Kigali Convention Center. Iyi nama yitabiriwe […]
Abakozi batatu bakoreraga Akarere ka Rubavu banditse amabaruwa basezera ku mirimo yabo, barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, uw’Akagari n’umukozi w’urwego rushinzwe umutekano rwa DASSO. Abo bakozi ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyundo, Nyaransengiyumva Monique, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Terimbere, Mujawase Annualite, ndetse n’Umuhuzabikorwa wa DASSO mu Murenge wa Bugeshi, Dushimire Donatien. Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko kiri gusuzuma uburyo mu gihe kiri imbere n’abahungu bashobora kujya bakingirwa virusi ya HPV, mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira ryayo mu baturage. HPV ni virusi izwiho gutera kanseri y’inkondo y’umura ku bakobwa n’abagore, kandi yandurira cyane mu mibonano mpuzabitsina. RBC igaragaza ko kanseri y’inkondo y’umura ari imwe mu […]
