Chelsea yatsinze Fulham ibitego 3-2 muri derby y’i Londres

Chelsea yatangiye ikiragano gishya na Xabi Alonso, itsinda mukeba wayo wo mu burengerazuba bwa Londres, Fulham, ibitego 3-2 kuri uyu wa Mbere mwijoro kuri Craven Cottage. João Pedro, Morgan Rogers wagaragaye bwa mbere, na Cole Palmer ni bo batsindiye Chelsea, mu mukino waranzwe n’ubushobozi bukomeye mu busatirizi ariko n’intege nke mu bwugarizi. Abashyitsi bakeneye amasegonda […]

Perezida Kagame yavuze ku marozi n’umwanda bivugwa mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Perezida Paul Kagame, yavuze ko amakipe yo mu Rwanda umusaruro wayo ukiri muke ndetse yerekana ko ikibazo cy’imyumvire kiri mu banyarwanda kiramutse gikemutse watera imbere. Ibi Perezida Kagame yabivuze kuri uyu wa Mbere tariki 24 Kanama 2026 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’ikibazo yari abajijwe niba abona umupira w’amaguru waba uri mu murongo yifuza nyuma […]

BK Pro League yatangaje amabwiriza mashya ku makipe yo muri Sudan muri Shampiyona ya 2026/27

Ku wa 23 Kanama 2026 BK Pro League yatangaje impinduka nshya zerekeye ibihembo bihabwa abanyamuryango bayo, mu rwego rwo kongera agaciro k’amarushanwa no gushishikariza amakipe kwitwara neza muri shampiyona y’umwaka w’imikino wa 2026/2027. Aya makuru yatangarijwe mu nama yabereye kuri Four Points by Sheraton mu Mujyi wa Kigali, aho abanyamuryango bose ba Rwanda Premier League […]

Byiringiro Lague ntabwo agisinyiye Durban City yo muri Africa y’Epfo yakoreyemo imyitozo mu minsi ishize.

Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina asatira izamu, Byiringiro Lague, ntabwo agisinyiye Durban City FC yo muri Afurika y’Epfo, nubwo aherutse kumara igihe akorana n’iyi kipe mu myitozo. Amakuru avuga ko urwego rwa Lague rutashimwe n’abatoza ba Durban City ubwo yakoraga imyitozo. Nk’uko amakuru yatangajwe ku Cyumweru, tariki ya 23 Kanama 2026, abivuga, Lague yagiye mu myitozo ya […]

Premier League: Manchester city yatangiye neza, Liverpool inanirwa kwegukana amanota atatu

Shampiyona ya Premier League 2026/27 yatangiye gutanga umusaruro ushimishije ku Cyumweru, aho imikino itatu yaranzwe n’ibitego byatsinzwe hakiri kare, ikarita itukura, iminota ya nyuma irimo ishyaka rikomeye ndetse n’imyitwarire idasanzwe y’abakinnyi. Brighton & Hove Albion yanyagiye Aston Villa, Manchester City itsinda Bournemouth ku munota w’inyongera, mu gihe Liverpool yabonye inota rimwe i Newcastle United ku […]

Premier League: Hull City yatunguye Manchester United, Brentford inyagira Tottenham

Shampiyona y’u Bwongereza ya Premier League 2026/27 yakomeje ku wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2026, hakinwa imikino itanu yaranzwe n’itungurana, ibitego byabonetse mu minota ya nyuma ndetse n’amakipe yatangiye neza. Amakipe aherutse kuzamuka mu cyiciro cya mbere yagaragaje ko ashoboye guhangana, mu gihe amwe mu makipe akomeye yatangiye shampiyona nabi. Dore uko imikino yose […]

APR BBC ikomeje gukoza imitwe y’intoki kugikombe nyuma yo gutsinda Patriots BBC 101-92, ikayobora imikino 3

APR BBC yatangiye kugaragara nk’ikipe iri hafi cyane kongera kwegukana igikombe cya Rwanda Basketball League RBL, nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 101-92 ku wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2026, mu mukino wa gatatu wa finali yabereye muri BK Arena. Iyinsinzi yatumye APR BBC iyobora uruhererekane rw’imikino ya nyuma itatu bivuze ko isigaje gutsinda […]

Ronaldinho, ufite imyaka 46 agarutse mu mupira w’amaguru mu rwego rwo gushaka igitego cya 300

Ronaldinho agiye kongera gukina umupira w’amaguru mu marushanwa afite imyaka 46, nyuma y’imyaka hafi 11 adakinnye umukino wemewe. Uyu munya-Brazil yinjiye mu ikipe ya Ravenna yo mu cyiciro cya gatatu mu Butaliyani, aho yizeye kongera ku bitego amaze gutsinda mu mwuga we no kugera ku bitego 300. Ronaldinho aheruka gukina umukino wemewe muri Nzeri 2015, […]