Ku wa 20 Kanama 2026, abakinnyi, abatoza n’abayobozi b’ikipe ya Mukura Victory Sports & Loisirs bitabiriye amahugurwa yihariye yateguwe na BK Pro League ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA. Ayo mahugurwa yari agamije gusobanura impinduka zakozwe ku Mategeko Agenga Umukino w’Umupira w’Amaguru azakurikizwa muri shampiyona ya 2026/2027. Aya mahugurwa ari muri gahunda yo […]
Myugariro w’umunyarwanda Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe ya Al Ahli Tripoli SC yo muri Libya nyuma y’imyaka 3 yari amaze ayikinira. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Al Ahly Tripoli yatangaje ko yatandukanye na Manzi Thierry ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ndetse imusobanura nk’umukinnyi w’umunyamahanga watwaye ibikombe byinshi […]
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Murangira B. Thierry yavuze ko dosiye ya Shema Fabrice usanzwe ari Perezida wa FERWAFA yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 18 Kanama 2026. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice ukekwaho icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye. Ni nyuma yuko uyu usanzwe […]
Ikipe ya APR BBC isanzwe ari yo ifite igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda yatangiye neza imikino ya nyuma ya shampiyona ya 2026, itsinda Patriots BBC amanota 117-91 mu mukino wabaye ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, muri BK Arena. Umunyamerika Craig Randall II ni we wabaye umukinnyi wigaragaje cyane muri uyu […]
APR FC yari yaregukanye Championat ya BK pro league yasimbujwe Mukura VS mu makipe azitabira imikino ya Super Cup 2026 nyuma yo kumenyesha FERWAFA ko itazayitabira. Muri iyi mikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium, ku wa 27 Kanama 2026, Kiyovu Sports izakira Mukura VS mu gihe Rayon Sports izakina na Police FC. Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru […]
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal FSF ryatangaje ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ko Patrick Vieira yagizwe umutoza mushya w’ikipe nkuru y’igihugu ya Sénégal, ahita atangira inshingano ze. Uyu wahoze ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ndetse n’ikipe ya Arsenal yasinyanye amasezerano y’imyaka ine yo gutoza Intare za Teranga. Vieira, ufite imyaka 50, […]
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ikipe ya Real Madrid yatangaje ku mugaragaro José Mourinho nk’umutoza mukuru wayo mushya mu muhango wabereye mu kigo cy’imyitozo cya Ciudad Real Madrid giherereye i Valdebebas. Uyu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, nta banyamakuru bari bahari, ugaragaza itangira ry’igihe cya kabiri cy’uyu mutoza w’UmunyaPortugal muri iyi […]
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League, yamaze gutangaza gahunda y’imikino y’umwaka wa 2026/2027. Iyi shampiyona itegerejwe na benshi izatangira muri Nzeri 2026 isozwe muri Gicurasi 2027, aho abakunzi b’umupira w’amaguru bazakurikirana imikino izamara amezi icyenda. Abategura shampiyona batangaje ko amatariki n’amasaha y’imikino ashobora guhinduka bitewe n’imigendekere y’irushanwa. Umwaka w’imikino wa 2026/2027 uzatangira […]
Ikipe y’igihugu ya Cameroun yatsinze Malawi ibitego 3-0, yegukana ku nshuro ya mbere mu mateka yayo Igikombe cya Afurika cy’Abagore WAFCON 2026. Umukinnyi Marie Ngah Manga yafunguye amazamu ku munota wa 20, atsindishije umutwe ari hafi y’izamu. Nyuma y’iminota 10, Naomi Eto yatsinze igitego cya kabiri, mbere y’uko Ngah Manga atsinda icya gatatu mu minota […]
Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi riri kugana ku musozo, amakipe menshi ari kugurisha abakinnyi ku mpamvu zitandukanye zirimo kugabanya umutwaro w’imishahara, kubona inyungu ku bakinnyi bageze ku rwego rwo hejuru cyangwa kubahiriza amategeko agenga imikoreshereze y’umutungo. Ariko si amakipe yose afite ubushobozi bumwe mu kugurisha abakinnyi. Hari ayamenyereye kuvumbura impano, kuziteza imbere no kuzigurisha […]
