Ku wa 28 Gicurasi 2026 ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kanada na Magizike (Mexico) byashyize hanze itangazo rikumira abaturuka mu bihugu byagaragawemo Ebola kuza kureba Igikombe k’Isi.
Iri tangazo ryatanzwe na leta z’ibihugu byombi uko ari 3 hagamijwe kurinda umutekano w’abazitabira igikombe k’isi kigiye kubera muri ibi bihugu hagati ya tariki 11 Kamena na 19 Nyakanga mu magambo agira ati:
“ubuzima n’umutekano bya buri wese mu bihugu byacu ni ingenzi cyane muri ibi bihe byo kwakira isi muri Amerika y’Amajyaruguru.”
Nta yandi makuru menshi babitangajho agendanye nuko iryo kumirwa rizubahirizwa.
Gusa benshi biganjemo Abanyafurika banenze iki kemezo bavuga ko kigamije ivangura no gusiga isura mbi umugabane wa Afurika n’abawutuye.
Uwitwa Brian Kiza yagize ati: “ ibihugu bya Afurika bishobora guhagarika kujya muri iri rushanwa,” ubwo yavugaga ibizaryitabira birimo na RDC yugarijwe cyane n’iki cyorezo.
Yakomeje agira ati: “si itegeko kwitabira igikorwa kizaba cyuzuyemo gusiga isura mbi Abanyafurika, cyane cyane abaturuka mu bice bitugarijwe na Ebola.”
Undi witwa Dha Ogoi yagize ati: “Ebola imaze kumenyekana kuva mu 1976. Kandi amakipe yo muri Afurika ahora yitabira Igikombe k’Isi. Nta bindi bihugu byakiriye iri rushanwa ngo bisohore amatangazo aremereye nk’aya.”
Yanavuze koi bi bihugu bikomeye bisanzwe bifite uburyo bwo kwirinda ibyorezo nk’ibi kuburyo iri tangazo ritari ngombwa. Kuko rishobora gufatwa nk’ubutumwa bugamije gutera rubanda ubwoba no kwambika Afurika isura mbi.
Ibi kandi bibaye mu gihe USA na Kanada byahagaritse urujya n’uruza hagati yabyo na RDC, Uganda na Sudani y’Epfo. Naho Megizike yo yahagaritse ingendo hagati yayo na RDC gusa.
