Uganda igiye kwemerera abahanzi gukoresha “copyright” nk’ingwate mu kwaka inguzanyo

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye bagiye kujya bemererwa gukoresha uburenganzira ku bihangano byabo (copyright) nk’ingwate mu kwaka inguzanyo muri banki. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburinganire n’Umuco, Peace Mutuuzo, wavuze ko iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa neza ubwo itegeko rivuguruye rigenga uburenganzira ku bihangano (Copyright Amendment Bill) rizaba […]

Kivumbi King nawe yemerako igikombe yahawe atari agikwiriye

Umuhanzi Kivumbi King yatangaje ko yemeranya n’ibitekerezo bya Bull Dogg uherutse kuvuga ko igihembo cy’Umuraperi w’Umwaka cyahawe Kivumbi King kitari kimukwiriye, ashingiye ku kuba adasanzwe akora injyana ya Hip Hop gusa. Kivumbi King aherutse guhabwa iki gihembo muri Isango na Muzika Awards, aho kugeza ubu afatwa nk’umwe mu baraperi baje ku isonga hashingiwe kuri ibyo […]

Mike Tyson na Floyd Mayweather bazarwana mu mukino uzabera muri RDC

Abakinnyi b’ibyamamare mu mukino w’iteramakofe, Mike Tyson na Floyd Mayweather, batangajwe ko bagiye guhurira mu mukino w’imurika (exhibition fight) uzabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Ring Magazine, uyu mukino uteganyijwe ku itariki ya 25 Mata 2026. Uyu mukino uzaba ugamije kugaragaza impano n’amateka y’aba bakinnyi babiri bubatse izina rikomeye mu […]

Inkumi Tuko wote aherutse kwambika impeta yamenyekanye

Mu minsi ishize, Irunga Longin wamamaye nka Tukowote, yemeje ko yamaze kwambika impeta umukunzi we bitegura kurushinga. Uyu mukinnyi wa filime yirinze kumugaragaza mu maso mu mafoto yasangije abakunzi be ku mbuga nkoranyambaga. Tukowote ntiyigeze yifuza gutangaza amazina y’umukunzi we, avuga ko igihe kizagera abantu bakamumenya. Yongeraho ko ubukwe buzaba mu gihe kitarambiranye, nubwo mbere […]

MTN Iwacu Muzika Festival 2026 igiye kunyura mu duce dushya bwa mbere

Ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba ku nshuro ya karindwi, aho kuri iyi nshuro biteganyijwe kuzenguruka imijyi 7 yo mu Rwanda. Mu mijyi mishya izasurirwa harimo n’Akarere ka Karongi, kagiye kwakira ibi bitaramo ku nshuro ya mbere kuva byatangira. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ubuyobozi bwa EAP bwavuze ko gahunda y’uyu mwaka igizwe n’ibitaramo […]

Mad Ice n’Urukundo rw’Ibanga kuri Cindy Sanyu: “Namukundaga nkirinda ko abimenya”

Umuhanzi Mad Ice, umwe mu banyabigwi b’umuziki muri Tanzania, yashize amanga avuga ku rukundo rwakunze kumubamo imbere rwerekeye umuhanzikazi w’Umunyauganda, Cindy Sanyu. Nubwo isi yose yabonaga ari ubushuti busanzwe, kuri Mad Ice ngo hari harimo akantu k’inyatane. Mad Ice avuga ko atatwarwaga n’izina rya Cindy nk’icyamamare, ahubwo yakururwaga n’uburyo uyu mugore yitwaraga n’umutima we wa […]

Michelle Yeoh agiye guhabwa inyenyeri y’icyubahiro muri Hollywood

Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Michelle Yeoh, uherutse gutumirwa mu Rwanda mu gikorwa cyo Kwita Izina Ingagi mu 2025, agiye guhabwa inyenyeri y’icyubahiro ahazwi nka Hollywood Walk of Fame ku wa 18 Gashyantare 2026. Iyi nyenyeri izaba ari iya 2836 itanzwe kuri uru rutambiro rw’icyubahiro, aho […]

DJ Neptune agiye kugaruka i Kigali mu gitaramo yise ‘Soundz of Neptune’

DJ Neptune yateguje igitaramo gikomeye azakorera i Kigali, agaragaza ko kizaba gitandukanye n’ibyo aheruka kuhakorera, hashingiwe ku byo yatangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Iki gitaramo cyiswe “Soundz of Neptune” giteganyijwe ku wa 21 Werurwe 2026, kikazabera muri Atelier du Vin i Kigali. Abategura iki gikorwa bavuga ko kiri mu murongo w’ibitaramo uyu […]

Namenye Patrick wahoze mu buyobozi bwa Rayon yagizwe Umuyobozi Mukuru wa SK FM

Namenye Patrick wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ikipe ya Rayon Sports, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa radiyo SK FM, asimbura Uwera Jean Maurice uherutse kugirwa Umuvugizi wa Guverinoma Wungirije. Ibi byatangajwe na SK FM mu ijoro ryo ku wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026, aho yamwakiriye imwifuriza imirimo myiza muri izi nshingano nshya mu rwego rw’itangazamakuru. […]

Arashyize Ararongora! Tuko Wote yambitse impeta umukobwa bitegura kurushinga ku myaka ye 53

Umukinnyi wa filime nyarwanda Ilunga Longin wamamaye nka Tuko Wote yambitse impeta umukunzi we bitegura kurushinga nyuma yo kumara imyaka 53 nta mugore mu buzima bwe Kuri uyu wa 6 Gashyantare 2026 nibwo Tuko wote yashyize hanze amafoto yambika impeta uyu mukobwa, ariko amazina y’uwo mukobwa ntaramenyekana kuko Tuko wote yavuze ko atahita ayatangaza. Tuko […]