MTN Iwacu Muzika Festival 2026 igiye kunyura mu duce dushya bwa mbere

Ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba ku nshuro ya karindwi, aho kuri iyi nshuro biteganyijwe kuzenguruka imijyi 7 yo mu Rwanda. Mu mijyi mishya izasurirwa harimo n’Akarere ka Karongi, kagiye kwakira ibi bitaramo ku nshuro ya mbere kuva byatangira. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ubuyobozi bwa EAP bwavuze ko gahunda y’uyu mwaka igizwe n’ibitaramo […]

Michelle Yeoh agiye guhabwa inyenyeri y’icyubahiro muri Hollywood

Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Umukinnyi wa filime w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, Michelle Yeoh, uherutse gutumirwa mu Rwanda mu gikorwa cyo Kwita Izina Ingagi mu 2025, agiye guhabwa inyenyeri y’icyubahiro ahazwi nka Hollywood Walk of Fame ku wa 18 Gashyantare 2026. Iyi nyenyeri izaba ari iya 2836 itanzwe kuri uru rutambiro rw’icyubahiro, aho […]

DJ Neptune agiye kugaruka i Kigali mu gitaramo yise ‘Soundz of Neptune’

DJ Neptune yateguje igitaramo gikomeye azakorera i Kigali, agaragaza ko kizaba gitandukanye n’ibyo aheruka kuhakorera, hashingiwe ku byo yatangaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Iki gitaramo cyiswe “Soundz of Neptune” giteganyijwe ku wa 21 Werurwe 2026, kikazabera muri Atelier du Vin i Kigali. Abategura iki gikorwa bavuga ko kiri mu murongo w’ibitaramo uyu […]

Ibyo abaturage basabwa mu kuzuza Imyirondoro n’Ifoto y’indangamuntu koranabuhanga mu mugi wa Kigali

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA) cyatangije ku mugaragaro igikorwa cyo kwemeza imyirondoro no gufotora abatuye Umujyi wa Kigali, mu rwego rwo gutanga indangamuntu z’ikoranabuhanga (SSDID). Iki gikorwa kigamije kuvugurura no kunoza amakuru y’irangamimerere y’abaturage hashingiwe ku byatangajwe n’ubuyobozi bwa NIDA n’Umujyi wa Kigali. Iyi gahunda yatangiye ku wa 7 Gashyantare 2026, ikorerwa mu Turere twose […]

Yamaze amasaha 21 munsi y’ubutaka agihumeka nyuma yo kugwirwa n’ikirombe

Abatuye muri Teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagize agahinda gakomeye nyuma y’inkangu yagwiriye ikirombe cy’amabuye y’agaciro cya Luwowo giherereye muri Rubaya, rigahitana abarenga 200. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wa tariki ya 28 Mutarama 2026, aho amakuru yatangiye gukwirakwira ahagana saa cyenda z’umugoroba. Abari hafi y’aho […]

UR Huye yabaye iya mbere mu marushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi mu ntara

Kuri uyu wa 7 Gashyantare 2026, muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye habereye amarushanwa y’imbyino gakondo n’ubusizi ahuza amashuri makuru na kaminuza, ku nshuro ya kabiri. Yari afite insanganyamatsiko igira iti: “Ubuhanzi, inkingi y’ubukungu burambye.” Aya marushanwa yabereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo, ahuza ICK, Kaminuza ya Gitwe, RP Huye na Kaminuza […]

Tshisekedi yasabwe kurandura FDLR na Wazalendo mu maguru mashya

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yasabwe gufata ingamba zifatika mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, hagamijwe gushimangira umutekano n’amahoro arambye mu gihugu cye no mu karere ka Afurika yo hagati n’Iburasirazuba. Ibi byagarutsweho mu biganiro yagiranye n’abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ruzinduko […]

Ubukene bumeze nabi mu muryango w’abibumbye UN

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko uyu Muryango wugarijwe n’ibura ry’amafaranga ku buryo nta hatagize igikorwa, amafaranga ufite azashira bitarenze mu kwezi kwa Nyakanga 2026. Ni ibikubiye mu ibaruwa Antonio Guterres yandikiye ibihugu binyamuryango 193 bya LONI. Antonio Guterres yavuze ko uyu Muryango uri mu kibazo cyo kuba washiranwa n’amafaranga kuko ibihugu byinshi […]

Libya: Nyuma y’imyaka 16 ishize Umucuruzi yatunguwe no kwakira telefoni za Nokia yari yaratumije muri 2010

Umucuruzi wa matelefoni zigendanwa ukorera mu Mujyi wa Tripoli muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo wa matelefoni mato ya Nokia azwi nka push-button cyangwa matushe, yari yaratumije mu mwaka wa 2010, hashize imyaka 16 yose. Iyi nkuru igaragaza mu buryo bugaragara ingaruka z’imvururu n’intambara byibasiye Libya mu myaka irenga 15 ishize, bikangiza bikomeye ubwikorezi n’imikorere […]