Ikipe ya Al-Hilal SC yegukanye Igikombe cy’Icyubahiro nyuma yo gutsinda Gasogi United ibitego 2-1, ikizera gusoreza ku mwanya wa mbere muri BK Pro League 2025/26 isigaje imikino itatu. Uyu mukino w’Umunsi wa 33 wa BK Pro League wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13 Gicurasi 2026.
Ikipe yo muri Sudani, Al Hilal SC, yegukanye igikombe cya Shampiyona ya BK pro league 2025/26 itsinze Gasogi United ibitego 2-1, irangiza ifite amanota 73 mu mikino 31, irusha APR FC iyikurikiye amanota 14.
Al-Hilal SC ikaba yari ikeneye inota rimwe gusa, yabanjemo benshi mu bakinnyi bayo bakomeye ndetse yihariye umukino mu minota myinshi.
Uburyo bwa mbere bukomeye mu mukino bwabonywe n’Ikipe ya Gasogi United aho Kapiteni wayo, Muderi Akbar, yirukankanye umupira asiga ba myugariro ba Al-Hilal, ashatse kuwutera mu izamu unyura ku ruhande.
Nyuma yaho Omer Taha yahushije uburyo bwiza ku mupira yahawe na Girumugisha Jean Claude mu rubuga rw’amahina, mbere y’uko Mamudu Kamaradini atera umupira hejuru awukinishije umutwe nyuma yo guhindurwa na Steven Ebuela.
Byasabye gutegereza umunota wa 15, Mamudu Kamaradini afungura amazamu ku ruhande rwa Al-Hilal SC, aho yatsinze igitego n’umutwe ku mupira yateye inshuro ebyiri nyuma yo kwidunda ku mutwe wa Ngono Guy Hervé uvuye kuri Mohamed Ahmed.
Umunyezamu wa Al-Hilal, Soufiane Farid, yarokoye ikipe ye akuramo umupira wa Muderi Akbar ku munota wa 28 mu buryo bwari bukurikiye ubundi bwageragejwe na Tuyishimire Gilbert.
Mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, Ahmed Salem na Mamudu Kamaradini bagerageje ubundi buryo ku ruhande rwa Al-Hilal, ariko Gasogi United ibyitwaramo neza.
Girumugisha Jean Claude wigaragaje muri uyu mukino, yateye umupira mwiza wanyuze ku ruhande ku munota wa 54 ndetse n’ubundi buryo bwakuwemo n’umunyezamu Ndagijimana Léandre ku munota wa 59.
Walieldin Daiyeen Pogba yatsinze igitego cya kabiri cya Al-Hilal SC kuri penaliti yinjije neza ku munota wa 67 nyuma y’uko Ngono Guy Hervé yari akoreye ikosa kuri Ousmane Diouf, umusifuzi Uwikunda Samuel akerekana ko ikosa rihanirwa muri metero esheshatu.
Ni mu gihe Ngono Guy Hervé yatsinze impozamarira ku ruhande rwa Gasogi United ku munota wa 89, yinjiza penaliti yavuye ku ikosa Emmanuel Flomo yakoreye kuri Kanamugire Arsène mu rubuga rw’amahina.
Al-Hilal SC yagize amanota 73 mu mikino 31 ya BK Pro League 2025/26 imaze gukina, yizera gusoreza ku mwanya wa mbere kuko irusha amanota 14 APR FC ya kabiri, na yo isigaje imikino itatu mu gihe kandi irusha amanota 13 Al-Merrikh SC ya gatatu isigaje imikino ine irimo uzayihuza n’uyu mukeba wayo wo muri Sudani.
Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda na Ambasade ya Sudani mu Rwanda bwitabiriye itangwa ry’igikombe kuri Al-Hilal SC ubwo umukino wari urangiye.
APR FC ishobora gushyikirizwa ikindi gikombe ku Cyumweru mu gihe yaba itsinze cyangwa ikanganya na Rutsiro FC. Uyu mwaka, Rwanda Premier League yemeje ko izatanga ibikombe bibiri kuko Al-Hilal SC na Al-Merrikh zari amakipe y’abashyitsi.
Ku rundi ruhande, ikipe ya mbere ya Al-Hilal SC irasubira muri Sudani ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, aho izatangira gukina imikino ya kamarampaka ya shampiyona yaho guhera ku wa Gatanu.
Imikino itatu isigaje mu Rwanda, irimo uwa Police FC n’uwa Etincelles FC, izakinwa n’ikipe ya kabiri mu gihe hari amakuru avuga ko uwa El-Merrikh SC ushobora kuzakinwa n’ikipe ya mbere kuko ari ’derby’ ndetse bakaba baratsinzwe ibitego 2-1 mu mukino ubanza wabereye muri Stade Amahoro.
Nyuma yo kuva mu gihugu cyabo cya Sudani cyugarijwe n’intambara kuva mu 2023, iyi kipe yitwaye neza cyane muri shampiyona y’u Rwanda nyuma yo kwemererwa na CAF kuyikinamo. Yagaragaje ubuhanga buhambaye, harimo gutsinda APR FC, yari ifite igikombe giheruka, ibitego 4-0.



