Rayon ikomeje kwiyubaka yaguze rutahizamu Boris Gbenou

author
1 minute, 28 seconds Read

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije amasezerano y’imyaka ibiri, Rutahizamu unyura ku ruhande, Boris Gbenou ukomoka muri Centrafrique. Kuri iki Cyumweru, ni bwo iyi kipe yatangaje Boris Gbenou nk’umukinnyi mushya, uje usanga abandi ikomeje kugura mu kwitegura umwaka w’imikino utaha.

Boris Ku Myaka 22 nta kipe yari afite akinira aho yakiniye abatarengeje imyak 20 ba Central Africa Aheruka gutsinda igitego Muri 2023 ubwo batsindwaga na Uganda U20 mu Gikombe cya Africa cy’abaterengeje imyaka 20 aho bari bari mu itsinda B Uganda yabatsinze ibitego 2-1 icyo gitego ninacyo yatsinze. Basoje mu itsinda batsinzwe imikino 2 banganya 1

Nubwo Rayon sports yamutangaje nkumu Left Wing ariko ubusanzwe Boris Gbenou ni Umwataka 9.

Uyumukinnyi mushya wa Rayon Sports, Boris Gbenou, ni rutahizamu ukomoka muri Repubulika ya Centrafrique, wavukiye i Bégoua ku wa 31 Mutarama 2004, akina nka rutahizamu wo hagati, ariko ashobora no gukina ku mpande zombi z’ubusatirizi. Azwiho umuvuduko, ubuhanga bwo guca ku bakinnyi, ndetse no kurangiza neza uburyo bw’ibitego, cyane cyane akoresheje ukuguru kwe kw’ibumoso.

Gbenou yatangiye kumenyekana ku rwego mpuzamahanga ubwo yari mu ikipe y’igihugu ya Centrafrique y’abatarengeje imyaka 20, aho yitabiriye Igikombe cya Afurika cya U-20 cya 2023. Muri iri rushanwa yakinnye imikino itatu atsinda igitego kimwe, anafasha igihugu cye kugera kuri uru rwego nyuma y’imikino yo gushaka itike yabereye mu karere ka UNIFFAC. Imikinire ye yaranzwe no kwihuta, kugenda neza ashaka umwanya no gutera izamu neza, bituma afatwa nk’umwe mu bakinnyi bafite ejo hazaza heza.

Kwinjira kwa Boris Gbenou muri Rayon Sports byitezwe ko azongera imbaraga mu busatirizi bw’ikipe mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2026/27 utangira. Nubwo imibare ye mu makipe yakiniye itaragaragara cyane kuri internet cyane ko atari anafite ikipe, impano ye, imyaka akiri muto ndetse n’ubushobozi yagaragaje mu ikipe y’igihugu bitanga icyizere ko ashobora kuba umwe mu bakinnyi bazafasha Rayon Sports guhatanira ibikombe mu Rwanda no mu marushanwa mpuzamahanga.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *