Kuki Kate Bashabe yavuye mu gitaramo cya Gen-Z Comedy kitarangiye?

1 minute, 33 seconds Read

Gen-Z Comedy Show yasobanuye impamvu umunyamideli Kate Bashabe yavuye muri iki gitaramo kitararangira, ivuga ko nta ho byari bihuriye n’urwenya rw’abanyarwenya benshi bakekaga ko abarukora bamuvuzeho amagambo mabi, ahubwo ko yari afite izindi gahunda.

Iki ni igitaramo cy’urwenya gisanzwe kiba kabiri mu kwezi. Ku wa 27 Kanama 2026, cyabereye muri Camp Kigali, aho Kate Bashabe yari yitabiriye ariko ntiyahatinda, benshi babyibazaho.

Abanyarwenya babiri bamaze gutaramira abitabiriye, Kate Bashabe yahise ava muri iki gitaramo. 

Ibi byatumye bamwe bakeka ko yaba atishimiye urwenya rw’abanyarwenya, ari na byo byatumye agenda hakiri kare.

Rutayisire Maturin Junior, ushinzwe imitegurire n’imigendekere myiza ya Gen-Z Comedy Show, yavuze ko Kate Bashabe atari umutumirwa w’ingenzi muri icyo gitaramo wagombaga kuganiriza abakitabiriye, ahubwo yari umuterankunga wacyo.

Yavuze ko Kate Bashabe yari yazanye ibikoresho by’ishuri yari yageneye abanyeshuri bari bitabiriye igitaramo, mu rwego rwo kubafasha gutangira umwaka w’amashuri bafite ibikoresho by’ibanze.

Ati: “Minisitiri ni we wari umutumirwa, ntabwo Kate yagombaga kujya ku rubyiniro (stage). Ahubwo yari umuterankunga wari wazanye ibikoresho by’ishuri bikorerwa muri kompanyi ye, yari yageneye abanyeshuri bitabiriye, mu rwego rwo kubafasha kujya ku ishuri.”

Rutayisire yavuze ko Kate Bashabe yari yaje kwifatanya n’abitabiriye igitaramo no gutanga ibyo bikoresho, ariko ko yari afite n’izindi gahunda zamusabaga kugenda hakiri kare.

Ati: “Nta ho bihuriye n’urwenya rwatewe. Yari yaje kugira ngo ahagaragare gusa, ariko yari afite indi gahunda. Igihe cyayo kigeze yahise agenda. Gusa ntibyabujije ko abanyeshuri n’ababyeyi bahawe ibyo bikoresho nk’uko byari biteganyijwe.”

Abategura igitaramo bavuze ko ibyo bikoresho bitari bigenewe abantu runaka by’umwihariko, ahubwo ko byahawe abanyeshuri ndetse n’ababyeyi bari bafite abana biteguraga gusubira ku ishuri.

Muri ibyo bikoresho harimo amakayi mato n’amanini, amakaramu asanzwe ndetse n’amakaramu y’ibiti.

Ibi bikoresho byatanzwe mu rwego rwo gushyigikira abanyeshuri mu myiteguro yo gusubira ku ishuri, bikaba byaratanzwe ku nkunga ya Kate Bashabe n’ikigo cye yise Ruhura.

About The Author

author

David Blessing

I'm Imazirungu Horace a dedicated Journalist. I'm Rwandan Delivering breaking news, growing our community

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *