Shampiyona y’u Rwanda y’Umupira w’Amaguru igeze mucyakabiri cyayo, nubwo habura imikino ibiri gusa ngo yuzure. Ni imikino ibiri ya Al Hilal SC igomba gukina na APR FC na Al Merrikh SC, itarabereye igihe kubera ko iri gukina irushanwa rya CAF Champions League.
Amakipe 18 ni yo yakinnye iyi shampiyona, avuye kuri 16 kuko hiyongereyemo amakipe abiri yo muri Sudani yaje kwiyongeramo hagati ariko Rwanda Premier League igerageza kwegeranya imikino kugira ngo bitabangamira umwaka w’imikino.
Kugeza ubu hamaze gukinwa imikino 304, aho amakipe 14 yakinnye imikino 17, APR FC na Al Merrikh zikina 16, naho Al Hilal SC iyoboye kugeza ubu ikaba yarakinnye imikino 15.
Mu mikino 108 habonetse ikipe ibona amanota atatu. Ikipe yatsinze imikino myinshi ni Al Hilal SC kuko yatsinze 11, APR FC na Police FC zikaba ari zo zatsinzwe umukino umwe gusa.
AS Muhanga n’Amagaju FC zatsinzwe imikino 11 ari na zo zatsinzwe imikino myinshi, mu gihe Etincelles FC yatsinze umukino umwe wonyine.
Al Hilal SC iyoboye ni yo yinjije ibitego byinshi mu mikino ibanza, kuko yashyize mu izamu ibigera kuri 39, yo yinjizwa 10, ikaba izigamye ibitego 29.
Iyinjijwe ibitego byinshi ni Rutsiro FC yinjijwe 26, iyabyinjijwe mu mukino umwe ni Amagaju FC ubwo yatsindwaga na Al Hilal SC ibitego 8-0. Muri rusange ibitego byinjiye mu izamu ni 309.
Ikipe yinjijwe ibitego bike ni Police FC yinjijwe birindwi. Iyi yayoboye urutonde igihe kirekire kingana n’iminsi 108 kuva ku mukino w’Umunsi wa Kabiri, dore ko Al Hilal SC yayisimbuye yari itaruzuza imikino yayo.
Rutahizamu wa Al Hilal SC, Emmanuel Flomo ni we watsinze ibitego byinshi mu mikino ibanza, kuko mu mikino 13 yakinnye yinjije ibitego 10.
Abasifuzi 22 ni bo basifuye mu kibuga hagati, Amakarita atukura 17 ni yo yatanzwe mu mikino ibanza. Mu makipe 12 yayahawe, Musanze FC ni yo yahawe menshi (4). Amakipe atarabonye ikarita n’imwe itukura ni Police FC, Rutsiro FC, Marine, AS Kigali, AS Muhanga na Rayon Sports.
Imibare iheruka kugaragazwa na Rwanda Premier League, yerekana ko abafana ku bibuga bakurikiye imikino 150 ya mbere muri uyu mwaka w’imikino ari 102340.
Al Hilal SC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 35, igakurikirwa na Police FC ifite 34, mu gihe APR FC ya gatatu ifite 33. Amakipe ya nyuma ni Amagaju FC ya 17 ifite amanota 12 na AS Muhanga ya 18 ifite amanota 11.
Reka dutegereze imikino yo kwishyura uko izagenda nuko izarangira.
