Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko igihugu kigiye gutangiza ibiganiro bigamije gushimangira amahoro, ubumwe n’ubwiyunge, ariko ashimangira ko abatwara intwaro barwanya Leta batazabyitabira nk’abahagarariye imitwe ya politiki. Mu ijambo yagejeje ku Banye-Congo, Tshisekedi yavuze ko ibiganiro bishya bigomba kuba gahunda y’Abanye-Congo kandi bigakorerwa imbere mu gihugu, hagamijwe gushakira Congo ibisubizo […]
Imirwano ikomeye yongeye kubura mu misozi ya Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri iki Cyumweru tariki ya 23 Kanama 2026, mu gihe impande zitandukanye zikomeje imirwano nubwo ibiganiro by’amahoro bikomeje. Amakuru aturuka mu nzego z’ibanze avuga ko imirwano yabereye cyane cyane mu bice bya Malimba na Rubarati, aho abarwanyi ba […]
Abantu nibura 50, benshi muri bo bakaba ari abana, bapfiriye mu mpanuka y’ubwato bwarohamye mu majyaruguru y’uburengerazuba bwa Nigeria, muri Leta ya Sokoto. Ubwo bwato bwari butwaye abahinzi n’abandi bakozi bari bagiye mu mirimo yo gusarura umuceri. Abatangabuhamya batandukanye batanze imibare itandukanye y’abari muri ubwo bwato, aho bamwe bavuga ko bari barenga 70, mu gihe […]
Umuyobozi wungirije w’ihuriro AFC/M23, Bertrand Bisimwa, yavuze ko ibikorwa bya gisirikare by’iri huriro muri Komini Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bigamije gukumira ko Abanyamulenge bakongera kwibasirwa n’ubwicanyi nk’ubwabereye mu nkambi ya Gatumba mu Burundi mu 2004. Bisimwa yabivuze ubwo AFC/M23 n’abafatanyabikorwa bayo bibukaga imyaka 22 ishize habaye ubwicanyi bwibasiye Abanyamulenge bari mu nkambi ya […]
Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo cyibasiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gishobora kuba cyaratangiriye ku nyamaswa, aho kuba cyarakomotse ku bwandu bwari busanzwe bukwirakwira mu bantu. Ubwo bushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru Nature Medicine ku wa 10 Kanama 2026, bukaba bwarakozwe n’abahanga bo muri RDC, Uganda, u Bubiligi […]
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko itazemera abayobozi bashya b’ibigo by’amashuri makuru na za kaminuza bashyizweho n’ubuyobozi bwa AFC/M23 mu mijyi ya Goma na Bukavu. Minisiteri y’Amashuri Makuru, Kaminuza, Ubushakashatsi n’Ubuhanga (ESU-RSI) yavuze ko izo mpinduka nta gaciro zifite mu mategeko, kuko ububasha bwo gushyiraho abayobozi b’ibigo bya Leta buri mu […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko igihugu cye cyatangiye icyiciro gishya cy’ibitero bya gisirikare kuri Iran, avuga ko bigamije kugabanya ubushobozi bw’iki gihugu bwo guhungabanya umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati. Trump yavuze ko ibikorwa bya gisirikare bizakorwa mu buryo bukomeye kandi bishobora gukomeza no mu minsi ikurikiraho. Ubuyobozi bw’Ingabo za […]
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ntiyashyigikiye ubusabe bwa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, wasabaga ko Turikiya itemererwa kongera kubona indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35. Netanyahu yari yagaragaje impungenge ko guha Turikiya izi ndege zigezweho byahindura uburinganire bw’imbaraga za gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, akavuga ko bishobora kugira ingaruka […]
Icyorezo cya Ebola gikomeje guteza ibibazo bikomeye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho inzego z’ubuzima zigaragaza ko ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa kiri gutuma abarwayi bamwe bava mu bitaro cyangwa bakava aho bashyizwe mu kato bakajya gushaka ibyo kurya. Imibare iheruka yerekana ko abantu amagana bamaze kwandura Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, mu […]
Uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yatangaje ko igihugu cye gishobora kwerekeza ku butegetsi bw’igitugu niba umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga ukomeje. Mu butumwa yagejeje ku baturage ku wa 11 Kamena 2026, Kabila yavuze ko ibimenyetso biri kugaragaza ko ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi buri gushyira imbaraga mu guhindura Itegeko Nshinga, […]
