AFC/M23 ishinja ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC gutwika inzu z’abaturage no kubica i Lumbishi

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ihuriro ry’ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryagabye igitero gikomeye mu gace ka Lumbishi, kari muri Teritwari ya Kalehe, kigahitana abaturage ndetse kigasenya inzu zabo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko icyo gitero cyabaye mu rukerera rwo ku wa 28 Kamena 2026, aho […]

Iran Igiye Gutangira Kwishyuza Amato Anyura mu Muhora wa Hormuz nyuma y’Iminsi 60

Iran yatangaje ko iteganya gutangira gusoresha ubwato bukoresha Umuhora wa Hormuz nyuma y’igihe cy’amezi abiri, nyuma y’amasezerano y’agateganyo y’amahoro yagiranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Aya masezerano yatangiye gushyirwa mu bikorwa muri Kamena 2026, agamije kugabanya umwuka mubi wari umaze igihe hagati y’ibihugu byombi. Mu byemeranyijwe harimo koroshya urujya n’uruza rw’ubwato muri Hormuz no […]

AFC/M23 na Twirwaneho Bigaruriye Ibice By’Ingenzi Nyuma y’Ibitero Simusiga

Aya makuru avuga ko izi ngabo zari zegereye Centre ya Minembwe ku ntera ntoya cyane mbere y’uko zongera guhangana n’abarwanyi ba Twirwaneho na AFC/M23. Biravugwa ko nyuma y’ukunganirwa n’ingabo zaturutse mu gace ka Goma, Twirwaneho na AFC/M23 bagabye ibitero byatumye abasirikare ba Leta n’abo bafatanyije ku rugamba basubira inyuma. Imirwano yabereye mu duce dutandukanye two […]

Iran yihanangirije Israel nyuma y’ibitero byahitanye abantu muri Liban

Guverinoma ya Iran yatangaje ko Israel yakomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano muri Liban, ivuga ko ibi byakozwe inshuro nyinshi kuva hashyirwaho ubwumvikane hagati ya Tehran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iran yavuze ko niba ibi bitero bikomeje, ishobora gufata ingamba zikomeye zo kubisubiza. Ibi byatangajwe nyuma y’uko abantu bane biciwe mu bitero […]

Ubutumwa Bw’Amahoro Bw’u Rwanda Bwongeye Gukora Ku Mitima y’Abaturage ba Sudani y’Epfo

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri South Sudan, zifatanyije n’abapolisi b’u Rwanda ndetse n’umuryango ushinzwe ibikorwa by’ubuzima, batangije igikorwa cyo gutanga serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage bo mu gace ka Gudele mu murwa mukuru Juba. Abaturage barenga 200 bamaze guhabwa serivisi zitandukanye zirimo kwisuzumisha indwara rusange, ubuvuzi bw’amenyo, kwita ku […]

Kabila Yaburiye Abanye-Congo Ku Mugambi Wo Guhindura Itegeko Nshinga

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yatangaje ko igihugu cye gishobora kwerekeza ku butegetsi bw’igitugu niba umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga ukomeje. Mu butumwa yagejeje ku baturage ku wa 11 Kamena 2026, Kabila yavuze ko ibimenyetso biri kugaragaza ko ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi buri gushyira imbaraga mu guhindura Itegeko Nshinga, […]

AFC/M23 yamaganye raporo ya Human Rights Watch iyishinja ibyaha by’intambara

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ritemeranya na raporo iherutse gusohorwa n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), riyishinja kubogama no kutagaragaza ishusho nyayo y’ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 10 Kamena 2026, AFC/M23 yavuze ko iyo raporo yibanze cyane ku birego biyiregwa, ariko ikirengagiza […]

Amerika yasabye u Bubiligi gukaza ingamba ku bagenzi bava muri RDC kubera Ebola

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje impungenge ziterwa n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zisaba u Bubiligi gufata ingamba zikomeye ku bagenzi baturuka muri iki gihugu. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru De Morgen ku wa 9 Kamena 2026, Ambasaderi wa Amerika mu Bubiligi, Bill White, yasabye ubutegetsi bw’u Bubiligi kugenzura no kugabanya […]