Iran yihanangirije Israel nyuma y’ibitero byahitanye abantu muri Liban

Guverinoma ya Iran yatangaje ko Israel yakomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano muri Liban, ivuga ko ibi byakozwe inshuro nyinshi kuva hashyirwaho ubwumvikane hagati ya Tehran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Iran yavuze ko niba ibi bitero bikomeje, ishobora gufata ingamba zikomeye zo kubisubiza. Ibi byatangajwe nyuma y’uko abantu bane biciwe mu bitero […]

Ubutumwa Bw’Amahoro Bw’u Rwanda Bwongeye Gukora Ku Mitima y’Abaturage ba Sudani y’Epfo

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri South Sudan, zifatanyije n’abapolisi b’u Rwanda ndetse n’umuryango ushinzwe ibikorwa by’ubuzima, batangije igikorwa cyo gutanga serivisi z’ubuvuzi ku buntu ku baturage bo mu gace ka Gudele mu murwa mukuru Juba. Abaturage barenga 200 bamaze guhabwa serivisi zitandukanye zirimo kwisuzumisha indwara rusange, ubuvuzi bw’amenyo, kwita ku […]

Kabila Yaburiye Abanye-Congo Ku Mugambi Wo Guhindura Itegeko Nshinga

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, yatangaje ko igihugu cye gishobora kwerekeza ku butegetsi bw’igitugu niba umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga ukomeje. Mu butumwa yagejeje ku baturage ku wa 11 Kamena 2026, Kabila yavuze ko ibimenyetso biri kugaragaza ko ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi buri gushyira imbaraga mu guhindura Itegeko Nshinga, […]

AFC/M23 yamaganye raporo ya Human Rights Watch iyishinja ibyaha by’intambara

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ritemeranya na raporo iherutse gusohorwa n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), riyishinja kubogama no kutagaragaza ishusho nyayo y’ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 10 Kamena 2026, AFC/M23 yavuze ko iyo raporo yibanze cyane ku birego biyiregwa, ariko ikirengagiza […]

Amerika yasabye u Bubiligi gukaza ingamba ku bagenzi bava muri RDC kubera Ebola

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagaragaje impungenge ziterwa n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), zisaba u Bubiligi gufata ingamba zikomeye ku bagenzi baturuka muri iki gihugu. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru De Morgen ku wa 9 Kamena 2026, Ambasaderi wa Amerika mu Bubiligi, Bill White, yasabye ubutegetsi bw’u Bubiligi kugenzura no kugabanya […]

Inkindi Aisha yashyize umucyo ku by’urukundo yavuzwemo na M. Iréné watangaje ubukwe

Imyaka yari ibaye myinshi ku mbuga nkoranyambaga havugwa inkuru z’urukundo rwa Inkindi Aisha na Murindahabi Iréné wamamaye mu itangazamakuru nka M. Iréné, ariko uyu musore we yamaze gutangaza ubukwe n’undi mukobwa wo mu Bubiligi. Izi nkuru uretse kuba zarabaye nyinshi, zanakundaga gutizwa umurindi nuko ba nyirazo batigeze bazihakana ahubwo inshuro nyinshi iyo babaga bari mu […]

Kylian Mbappe bwa mbere muri kariyeri (career) ye, nkumukinnyi abuze igihembo na kimwe mu bihembo bya UNFP

Mubihembo bya UNFP (Union Nationale des Footballeurs Professionels) byatanzwe kumugoroba wo kuwa 11 Gicurasi 2026 bwa mbere mumateka ya Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’Ubufaransa na Real Madrid, Kylian Mpappe yabuze igihembo na kimwe mubihembo bya UNFP. Ni ibihembo bihabwa abakinnyi ndetse nabatoza bitwaye muri Champion y’Ubufaransa Ligue 1 ndetse nabakinnyi babafaransa bakina hanze yigihugu mumwaka w’imikino. […]