Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 30 Mata 2026, Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) yageze mu gace ka Minembwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, izanye ubufasha bw’ubuvuzi bugamije gutabara abaturage bamaze igihe kinini bahanganye n’ingaruka z’intambara z’urudaca. Abaturage batuye muri aka gace k’imisozi miremire bagaragaje ibyishimo, bavuga ko uku […]
Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23, Gen Maj Sultani Makenga, yatangaje ko nta gahunda bafite yo gusubira inyuma mu rugamba bavuga ko rugamije kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi yabitangaje ku wa 30 Mata 2026, mu kigo cy’amahugurwa cya Kanombe giherereye muri Teritwari ya Rutshuru, aho iri huriro ryari risoje icyiciro cya kabiri cy’amahugurwa […]
Kuwa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, hagati ya saa tatu n’iminota 15 za mu gitondo (9h15) na saa sita (12h00), haravugwa ibitero bikomeye byagabwe mu bice bituwe cyane bya Gakenke, muri Minembwe, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umutwe wa AFC/M23, rivuga ko ibyo bitero byakozwe n’ingabo z’ihuriro […]
Igitero cyakozwe n’umugabo witwaje imbunda n’ibindi byuma cyabereye mu White House mu ijoro ryo ku wa 25 Mata 2026, mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari mu musangiro n’abanyamakuru ndetse n’abayobozi bakuru b’igihugu. Uyu mugabo w’imyaka 31, wamenyekanye ku izina rya Cole Tomas Allen ukomoka muri Torrance muri Leta ya California, yafunguye umuriro arasa […]
Ikigo Maritime Trade Operations Centre (UKMTO) cyo mu Bwongereza cyatangaje ko kuri uyu wa Gatatu habaye ibindi bitero ku mato abiri anyura mu Muhora wa Strait of Hormuz, bikurikiye ikindi cyari cyabaye mbere kuri uwo munsi. Nk’uko byatangajwe na BBC, ubwato bwa kabiri bwarasiwe hafi y’ibilometero 14 uvuye ku nkombe za Iran, kandi buracyari aho […]
Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye aravuga ko hari umugambi bivugwa ko uhuza u Bubiligi n’u Burundi ugamije guhungabanya ubutegetsi bw’u Rwanda, aho bivugwa ko impande zombi zimaze igihe ziganira kuri uwo mushinga. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye avuga ko i Bruxelles ngo habaye ibiganiro n’ubuyobozi bw’u Burundi buyobowe na Evariste Ndayishimiye, hagamijwe gushaka uburyo bwo gukorana […]
Perezida wa America, Donald Trump, yatangaje ko adashyigikiye kongera igihe cy’agahenge hagati y’Amerika na Iran giteganyijwe kurangira ku wa Gatatu, kugira ngo habeho andi mahirwe y’ibiganiro. Trump yabivuze mu kiganiro yagiranye na CNBC uy’umunsi kuwa Kabiri, aho yagaragaje ko igihe gisigaye ari gito kandi ko hatabayeho amasezerano, imirwano ishobora kongera kubura. Ibiganiro bishya biteganyijwe kubera […]
Abasirikare ba Israel hamwe n’abimukira bayo batujwe mu butaka bwigaruriwe, bishe nibura Abanyapalestine 11 mu bice bya Gaza no muri West Bank, nk’uko byatangajwe n’inzego za Palestine n’ibitangazamakuru byaho. Ibi bibaye mu gihe hari agahenge kari karatangajwe kuva mu Ukwakira. Mu gace ka Gaza Strip, abantu barindwi bishwe mu bitero bitandukanye. Harimo umwana wapfuye nyuma […]
Polisi yo mu gace ka Colombes, mu Bufaransa, yatangaje ko yateguye igisasu cyari gisigaye mu gihe cy’Intambara ya Kabiri y’Isi, cyari cyabonetse ahakorerwaga imirimo y’ubwubatsi. Iki gisasu cyabonetse ku wa 10 Mata 2026, ubwo abakozi bari mu bikorwa byo kubaka babonaga ikintu bakekaga ko gishobora guteza ibyago, bahita bamenyesha inzego z’umutekano. Nyuma yo kugenzura, byemejwe […]
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangiye gahunda yo kwakira ibitekerezo by’abaturage, imitwe ya politiki n’imiryango itandukanye ku mushinga wo kuvugurura Itegeko Nshinga ryo mu 2006, mu gihe impaka ku hazaza h’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi zikomeje gufata intera. Iyi gahunda ije nyuma y’igihe kinini Ishyaka UDPS rikangurira abaturage gushyigikira impinduka mu mategeko, rivuga […]
