AFC/M23 na Kinshasa Bongeye Gushinjanya Ibitero bya Drone Nyuma y’Ibiganiro by’amahoro

Ubushyamirane hagati y’umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwongeye gufata indi ntera, aho buri ruhande rwashinje urundi kugaba ibitero bya drone mu bice bya Masisi na Minembwe, nyuma y’amasaha make gusa impande zombi zivuye mu biganiro by’iminsi itanu byabereye i Montreux mu Switzerland. Ku ruhande rwa AFC/M23, umuvugizi wayo Lawrence […]

Amerika yafashe ubwato bwa Iran, umwuka mubi wongera kuzamuka hagati y’impande zombi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko ingabo z’icyo gihugu zafashe ubwato butwara imizigo bwa Iran nyuma yo kutubahiriza amabwiriza bwari bwahawe mu nyanja iri hafi y’inzira ya Strait of Hormuz. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Truth Social ku Cyumweru, yavuze ko ubwo bwato bwitwa Touska bwaburiwe n’ingabo zirwanira mu […]

Israel yashyizeho umurongo w’umuhondo mushya mu majyepfo ya Liban

Ingabo za Israel zatangaje ko zashyizeho icyo zise umurongo w’umuhondo mu majyepfo ya Liban, bavuga ko usa n’undi zisanzwe zikoresha muri Gaza. Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa Gatandatu, Igisirikare cya Israel cyavuze ko mu masaha 24 yari ashize, abasirikare bacyo bakorera mu majyepfo y’uyu murongo babonye abantu cyise abarwanyi barenze ku masezerano y’agahenge, bakegera […]

Iran yafunguye umuhora wa Hormuz mu minsi 10

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi, yatangaje ko ubwato bw’ubucuruzi buzongera kunyura mu muhora wa Strait of Hormuz mu gihe cyose agahenge gaherutse kwemezwa hagati ya Israel na Lebanon kazaba kagikurikizwa. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko inzira z’amazi zizaba zifunguye ku bwato bukoresha uwo muhora, hashingiwe ku mabwiriza y’inzego za […]

Romuald Wadagni yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Bénin

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora muri Bénin yatangaje ko umukandida watanzwe n’Ishyaka riri ku Butegetsi, Romuald Wadagni, ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 94%. Ni amajwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’Amatora, yerekanye ko Romuald Wadagni yatsinze ku majwi 94% mu gihe uwo bari bahanganye Paul Hounkpè yabonye amajwi 6%. Amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Bénin yabaye ku […]

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bigiye guhita bigabanuka

Nyuma y’amasezerano y’ibyumweru bibiri yo guhagarika intambara hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za America, ibiciro by’ibikomoka peteroli ku isi byagabanutse cyane mu bihugu bimwe nabimwe kuri uyu wa Gatatu. Ni mu gihe abahanga mu by’ubukungu bemeza ko kugira ngo icyizere cy’igabanuka ry’ibi biciro byumvikanyweho ku isoko mpuzamahanga, bizafata igihe kugira ngo rigere hose. […]

Ibitero bya Drones biri koherezwa mu basivile ubutitsa muri RDC

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 7 Mata 2026, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), haravugwa ibitero bikomeye byibasiye uduce dutuwe n’abaturage mu turere twa Minembwe na Kalehe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Umuvugizi w’ihuriro rya AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ingabo zifasha ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero zikoresheje drones z’intambara mu […]

Iran yiteguye kwihorera nyuma y’ultimatum ya Trump

Intambara ikomeje gukaza umurego mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, aho ibitero byagabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatanyije na Israel byahitanye abantu batari munsi ya 34 muri Iran, barimo abana batandatu. Guverinoma ya Iran yatangaje ko itazihanganira ibyo bitero, ishimangira ko igiye kwihorera mu buryo bukomeye, nyuma y’aho Perezida wa Amerika, Donald Trump, ayihaye […]