Sudan Airways yageze i Khartoum nyuma y’imyaka 3 ubwikorezi bw’indege buhagaritswe n’intambara

Ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, indege y’abagenzi ya Sudan Airways yageze ku kibuga cy’indege cya Khartoum, ku nshuro ya mbere nyuma y’imyaka hafi itatu ibikorwa by’ubwikorezi bwo mu kirere bihagaritswe bitewe n’intambara yari imaze igihe ishegeshe Sudani. Ikigo gishinzwe indege za gisivili muri Sudani cyatangaje ko iyi ari “indege y’amateka”, kivuga ko igaragaza […]

Ubukene bumeze nabi mu muryango w’abibumbye UN

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, yatangaje ko uyu Muryango wugarijwe n’ibura ry’amafaranga ku buryo nta hatagize igikorwa, amafaranga ufite azashira bitarenze mu kwezi kwa Nyakanga 2026. Ni ibikubiye mu ibaruwa Antonio Guterres yandikiye ibihugu binyamuryango 193 bya LONI. Antonio Guterres yavuze ko uyu Muryango uri mu kibazo cyo kuba washiranwa n’amafaranga kuko ibihugu byinshi […]

Perezida w’Amerika; Donald Trump agiye gutereka inzara zibe ndende, nk’iza Nicki Minaj.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimye Nicki Minaj amwita umwe mu baraperikazi bakomeye mu mateka, anongera ateramo urwenya avuga ko ashobora no kureka inzara ze zikamera nk’ize uyu muhanzi, zizwiho kuba ndende kandi zigaragara cyane. Ibi Trump yabivuze ku wa Gatatu tariki ya 28 Mutarama, ubwo yahamagaraga Nicki Minaj ku rubyiniro […]

Umwaka urashize AFC/M23 ifashe Goma: ikiganiro na Corneille Nangaa

Ku wa Mbere tariki 26 Mutarama 2025, Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yagiranye ikiganiro n’igitangazamkuru dukesha iyi nkuru IGIHE cyabereye i Goma, agaruka ku bikorwa byagezweho mu mwaka umwe uyu mutwe umaze ugenzura uyu mujyi, anagaragaza ko urugamba rugikomeje kugeza igihe uburenganzira bw’abaturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buzubahirizwa byuzuye. Umwaka urihiritse uyu umutwe […]

Google, Youtube,TikTok mu nkiko: Umukobwa w’imyaka 19 Yajyanye ibigo by’ikoranabuhanga mu Rukiko

umukobwa w’imyaka 19, uzwi ku mazina ya KGM, avuga ko uburyo imbuga nkoranyambaga zikoresha ibyitwa “algorithms” mu ndimi z’amahanga cyangwa porogaramu zigenzura ibyo abazisura babona, bwamuteye kuba imbata y’izi mbuga, bikamuviramo ingaruka mbi ku buzima bwe, kuko zamuteye uburwayi bwo mu mutwe. Avuga ko ibi byamuteje ibibazo birimo agahinda gakabije (depression) n’ibibazo byo kurya nabi. […]

Muhoozi yahakanye iby’ikubitwa ry’umugore wa Bobi Wine

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yanyomoje amakuru yatangajwe na Barbara Itungo, umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi (Bobi Wine), wavuze ko yahohotewe n’abasirikare mu gihe cy’amatora. Binyuze ku rubuga rwa X, Gen. Muhoozi yavuze ko ibyo Itungo yatangaje ari ibinyoma, ashimangira ko amahame agenga igisirikare ayoboye atemera guhohotera abagore. Yagize ati:”Abasirikare banjye ntabwo bakubise […]

Lula wa Burezili ashinja Trump kugerageza gushinga Loni nshya yikubiye

Perezida wa Burezili, Luiz Inacio “Lula” da Silva, yibasiye mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, amushinja gushaka gusenya Umuryango w’Abibumbye (Loni) hagamijwe gushinga urundi rwego rukurikiza amategeko ye bwite. Ibi Lula yabivuze ku wa Gatanu mu ijambo ryo gushyigikira ubufatanye mpuzamahanga, nyuma y’iminsi mike Donald Trump atangije umushinga mushya yise “Board […]

Abantu 7 bahitanywe n’inkangu muri Indonesia, abandi benshi baburiwe irengero

Ibikorwa by’ubutabazi birakomeje mu gace ka West Bandung muri Indonesia, nyuma y’inkangu ikaze yagwiririye abaturage basinziriye, igahitana nibura abantu barindwi mu gihe abandi babarirwa muri za mirongo bakomeje gushakishwa. Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 24 Mutarama 2026, ubuyobozi muri Indonesia bwatangaje ko imvura nyinshi yateje inkangu ikomeye mu mudugudu wa Pasirlangu. Iyi nkangu yamanutse […]

Trump yatangaje ko Venezuela igiye kujya yohereza muri Amerika utugunguru miliyoni 50 tw’ibikomoka kuri peteroli

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Venezuela izajya yohereza muri Amerika nibura utugunguru miliyoni 50 tw’ibikomoka kuri peteroli, mu rwego rwo kongera ubufatanye mu by’ingufu no gufasha isoko rya peteroli ku rwego mpuzamahanga. Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Trump yavuze ko ibyo bikomoka kuri peteroli bizagurishwa ku giciro […]