Marina agiye kongera kwitabira Iwacu na Muzika festival nyuma yimyaka 5

Umuhanzikazi Marina yemejwe ko azitabira ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival byateganyijwe kuzenguruka u Rwanda mu mwaka wa 2026, nyuma y’imyaka itanu atagaragara ku rutonde rw’abahanzi babitaramamo. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Marina yatangaje ko yishimiye kongera kubona amahirwe yo gutaramira abakunzi b’umuziki mu bice bitandukanye by’Igihugu, nyuma y’igihe yari amaze atitabira ibi bitaramo. Yagize […]

Ni amahano, RIB yafunze umugabo n’umugore we bakekwaho kwica abantu batatu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Ndayisaba Félicien n’umugore we Imanishimwe Rebecca, batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushinyagurira no guhisha imibiri y’abantu nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe ku wa 11 Werurwe 2026, nyuma y’iperereza ryari rimaze iminsi rikorwa ku bantu batandukanye baburiwe irengero. […]

Perezida Kagame na Macron bagiranye ibiganiro ku miterere y’umutekano mu Karere

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, byibanze ku mutekano mu karere n’umubano w’Ibihugu byombi. Abakuru b’Ibihugu bahuriye i Paris mu Bufaransa, aho bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya kabiri yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nikeleyeri mu bikorwa bya gisivili. Iyi nama yabaye ku wa 10 Werurwe 2026, […]

Rugaju na Lorenzo mubo RIB yihanangirije batukana kuri Radio

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwihanangirije abanyamakuru batubahiriza amahame y’umwuga, by’umwihariko aba bakora ibijyanye na siporo, nyuma y’amakimbirane yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga hagati ya Rugaju Reagan Ndayishimiye ukorera Radio Rwanda na Musangamfura Lorenzo wa SK FM, aho bateranije amagambo arimo guharabikana no gutukana. RIB yibukije abo banyamakuru n’abandi bakora ibikorwa nk’ibi ko ibyo bikorwa bigize ibyaha, […]

RIB yerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha birimo gusambanya umwana no kurema umutwe w’ibyihebe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Rwanda Investigation Bureau (RIB), rwerekanye abasore babiri bakekwaho ibyaha bitanu bikomeye birimo gusambanya umwana, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kugera ku makuru hagamijwe gukora icyaha. Aba bakekwa bari hagati y’imyaka 27 na 31 y’amavuko, bakaba bakekwaho gukorera ibi byaha mu […]

Ibiciro by’ibiribwa byazamutseho 9,2% muri Gashyantare 2026 – NISR

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, National Institute of Statistics of Rwanda (NISR), cyatangaje ko muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025. Ibi bigaragaza ko ibiciro byakomeje kuzamuka kuko mu kwezi kwa Mutarama 2026 byari byiyongereyeho 8,9%, nyamara mu gihe mu mwaka ushize byari kuri 6,3%. Raporo yashyizwe ahagaragara ku wa 10 Werurwe […]

Unity Club yatangije icyiciro cya gatanu cy’ibiganiro “Ndi Umunyarwanda” mu mashuri yisumbuye

Umuryango Unity Club Intwararumuri, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) n’izindi nzego za Leta, watangije icyiciro cya gatanu cy’ibiganiro bya gahunda “Ndi Umunyarwanda.” Ibi biganiro bizibanda cyane ku rubyiruko rwo mu mashuri yisumbuye, hagamijwe kurushaho kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda no gukomeza kwimakaza indangagaciro z’umuco nyarwanda. Iki gikorwa giteganyijwe kugera mu mashuri yisumbuye agera […]

Amatora mu Rugaga rw’Abikorera mu Rwanda yatangiye ku rwego rw’Akarere.

Abagize inteko itora mu Urugaga Nyarwanda rw’abikorera bazindukiye mu matora y’ababahagararira ku rwego rw’Akarere. Aya matora ni intangiriro y’igikorwa kizakomeza mu byiciro bitandukanye, kikazasozwa n’amatora ku rwego rw’Igihugu ateganyijwe mu minsi iri imbere. Ku rwego rw’Akarere, abanyamuryango b’urugaga batora umuyobozi w’urugaga muri ako karere hamwe n’abamwungirije babiri. Hatorwa kandi abagize inama nkemurampaka barindwi, bose bakazamara […]

Yoweri Museveni yasimbuye kubuyobozi bwa EAC William Ruto

Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yafashe ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) abusimbuyeho perezida wa Kenya William Ruto, munama ya 25 isanzwe ihuza abakuru bibihugu bya EAC yabereye I Arusha muri Tanzania. Nyuma yo gushyikirizwa ubuyobozi Museveni yahise atangira kuyobora uyu muryango w’akarere ndetse anayobora ibiganiro byiyo nama yahuje abayobozi b’ibihugu bigize EAC kugira […]

Inoti za 500, 1000, 2000 n’iza 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 nta gaciro zigifite mu Rwanda

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko inoti zimwe z’amafaranga y’u Rwanda zirimo iza 500 Frw, 1000 Frw, 2000 Frw na 5000 Frw zashyizweho hagati ya 2004 na 2015 zitazongera kugira agaciro mu gihugu. Icyakora, izo noti zizakomeza gukoreshwa mu gihe cy’amezi 12 uhereye igihe iteka rya Perezida rizikuyeho rizaba rimaze gutangazwa mu Igazeti ya Leta ya […]