Abanyarwanda batuye i Burayi bagiranye ibihe byiza n’aba Minisitiri bo mu Rwanda i Paris

i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 21 Gashyantare 2026, abarenga 500 biganjemo urubyiruko baturutse mu bihugu by’i Burayi bahuriye mu gikorwa cyo kungurana ibitekerezo ku bumwe n’ubudaheranwa mu nsanganyamatsiko “Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda”. Ni igikorwa kitabiriwe na minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, Minisitiri w’umuco na sporo Nelly Mukazayire, abambasaderi ndetse n’abanyarwanda […]

MINICT yahakanye amakuru y’uko TikTok yafunguye ‘monétisation’ mu Rwanda

Minisiteri y’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT) yahakanye amakuru yari amaze iminsi akwirakwira avuga ko urubuga rwa TikTok rwafunguye uburyo bwo kwinjiza amafaranga (monétisation) ku bakoresha uru rubuga bari mu Rwanda. Ni amakuru yari yakiriwe neza n’abakoresha imbuga nkoranyambaga, bamwe bagaragaza ibyishimo ko bashobora gutangira kubona amafaranga binyuze ku byo bashyira kuri TikTok. Gusa MINICT […]

Denmark yafunguye ambasade i Kigali

Igihugu cya Denmark cyafunguye yacyo nshya i Kigali mu Rwanda, igikorwa gifatwa nk’intambwe ikomeye mu gukomeza umubano wa dipolomasi n’ubufatanye mu bukungu hagati y’ibihugu byombi. Iyi ntambwe igaragaza icyerekezo cya Denmark cyo kubaka ubufatanye bungana kandi burambye n’ibihugu bya Afurika, aho u Rwanda rubonwa nk’igihugu gifite umutekano, iterambere ryihuta ndetse n’urwego rwiza mu bucuruzi, no […]

Dore ibyiza biterwa no kurira utari uzi

Wabonye ukuntu nko mu muryango nyarwanda no mu muco rusange, kurira akenshi bifatwa nk’intege nke? Umwana abwirwa guceceka, umuntu mukuru akabwirwa ko “ungana nkawe adakwiye kuba arira”, naho naho ngo “amarira y’umugabo atemba ajya mu nda.” Nyamara Ariko burya ni ukwibeshya, si ko ukuri kwa siyansi n’ubuzima bwo mu mutwe bubivuga. Kurira si intege nke, […]

Ubushinjacyaha bwasabiye Djihad na bagenzi be imyaka 5 y’igifungo kubera gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, guhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, Ishimwe Patrick, Ishimwe François Xavier, Kwizera Nestor uzwi nka Pappy Nesta na Kalisa John uzwi nka K John, nyuma yo kubahamya gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano. Amashusho baregwa gusakaza ay’umuhanzi uwo Rizagwira Florien wamenyekanye nka Yampano yashyizwe hanze […]

Imyanzuro y’inama y’igihugu y’umushyikirano ku nshuro ya 20 yagiye hanze

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje imyanzuro 12 yafatiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye ku wa 5-6 Gashyantare 2026, ku nshuro yayo ya 20, uyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul KAGAME. Mu bitabiriye Umushyikirano, harimo abayobozi batandukanye n’abahagarariye abikorera, Abanyarwanda baba mu mahanga, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’imiryango mpuzamahanga, n’abandi bafatanyabikorwa, n’itangazamakuru. Imyanzuro […]

Ubutumwa bw’umujyi wa Kigali bwibutsa abawutuye koga umubiri wose buri munsi

Umujyi wa Kigali watanze ubutumwa bushishikariza abaturage kurushaho kwita ku isuku y’umubiri n’aho baba, ubinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X ku wa 16 Gashyantare 2026. Mu butumwa bwatangajwe, hagarutswe ku kamaro ko kuba umuntu w’umusirimu arangwa n’isuku aho atuye, aho akorera n’aho anyura. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwibukije ko ari ngombwa koga umubiri wose ukoresheje […]

Nyamasheke: Inkuba yakubise mu kigo cy’amashuri abana bagira ihungabana

Inkuba yakubise mu busitani bw’ishuri rya GS Gahisi riherereye mu Murenge wa Rangiro, Akarere ka Nyamasheke, bituma abana barindwi bagira ikibazo cy’ihungabana, bamwe bajyanwa kwa muganga kugira ngo bitabweho. Ibi byabaye ku wa Kane tariki ya 12 Gashyantare 2026, mu mvura yaguye mu masaha ya nyuma ya saa sita. Inkuba yakubise hafi y’inyubako z’amashuri, aho […]

Ibirori bya White Coat 2026 birarimbanyije muri UR Huye

Kuri uyu wa 13 muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye hari kubera ibirori byo gutangira icyerekezo gishya cyafunguriwe abanyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’ubuzima CMHS birori bya White Coat Ceremony 2026. Ibi birori byitabiriwe n’abayobozi batandukanye, ababyeyi, abanyamakuru, ndetse n’abanyeshuri ba nyir’ukubitegurirwa. Mubayobozi bitabiriye ibi birori harimo n’uhagarariye ibitaro bikuru bya kaminuza […]

Ruhango: Hongeye gupfa abantu 4 bazize kunywa inzoga y’inkorano

Abaturage bane bo mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Bweramana, bitabye Imana nyuma yo kunywa inzoga y’inkorano izwi nk’umusogongero, bikekwa ko yari ivanzemo ibindi bintu bishoboko ako aribyo byahitanye ubuzima bwabo. Ibi byabereye mu Kagari ka Rwinyana nk’uko byemezwa n’inzego zitandukanye z’aho byabereye. Amakuru atangwa n’abaturage bo muri ako gace avuga ko iyi nzoga bayinyoye […]