Umukinnyi w’icyamamare mu mupira w’amaguru, Kylian Mbappé, yashyize ahagaragara itangazo rikomeye asubiza Senateri wo muri Paraguay, Celeste Amarilla, nyuma y’amagambo y’ivanguraruhu uyu mugore yamwanditseho nyuma y’umukino w’ikiciro cya 1/8 cy’irangiza mu Gikombe cy’Isi cya 2026, aho u Bufaransa bwatsinze Paraguay igitego 1-0. Nyuma y’uwo mukino, Senateri Amarilla yanditse ku rubuga rwa X amagambo yibasira Mbappé, […]
Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2026, Umuryango fruits of Love wasubukuye igikorwa cy’urukundo cyo gusanira inzu umukecuru w’imyaka 74 usanzwe utuye mu karere ka nyarugenge umurenge wa Nyamirambo akagali ka Rugarama umudugudu wa Kiberinka mu isibo ya Ubutwari. Byatangiye ari ikifuzo cyo gufasha umwe mu barokotse Genoside yakoretwe abatutsi mu 1994, ariko birangira kivuyemo ubuhamya […]
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 7 Nyakanga 2026, Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yasabye abanyeshuri 277 452 batangiye gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza hirya no hino mu Gihugu, kwirinda ubwoba bagakora ibizamini nta gihunga kandi bakabitsinda neza, kuko Igihugu kibitezeho kucyubaka. Uyu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 ugaragaza ishusho nshya y’uburezi mu Rwanda, by’umwihariko ku […]
Kigali – Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda) cyatangaje ko ukwezi kwa Nyakanga 2026 kuzaba kwiganjemo izuba risanzwe ryo mu gihe cy’impeshyi, aho ubushyuhe buzazamuka mu bice byinshi by’u Rwanda, mu gihe imvura izagwa izaba iri munsi y’impuzandengo isanzwe igwa muri uku kwezi. Nk’uko iteganyagihe ribigaragaza, ubushyuhe bwo ku manywa buzaba buri hagati ya 20°C na […]
Ku Cyarudahigwa hahoze ari mu karere k’Umutara hakaba haritiriwe ikiraroUmwami Mutara III Rudahigwa yari ahafite yororeragamo inka ku buryo bwakijyambere. Ahahoze icyo kiraro ubu ni mu Mudugudu wa Nsheke, Akagarika Nsheke, Umurenge wa Nyagatare, Akarere ka Nyagatare, mu Ntaray’Uburasirazuba. Hafi y’icyo kiraro ni ho ibiro by’Akagari ka Nsheke byubatse, kandi ni na yo sambu kubatsemo. […]
Muri iki gihe isi yuzuyemo amashusho akorwa hifashishijwe ikoranabuhanga n’ubwenge buhangano (AI), biragenda birushaho kugora gutandukanya ibidashoboka n’iby’ukuri. Nyamara, hirya no hino ku Isi hari inyubako zitangaje cyane, zisa n’izirwanya amategeko ya kamere y’isi kandi zifite imiterere idasanzwe ku buryo umuntu yakwibwira ko ari ibishushanyo by’abahanga mu guhanga ibitekereze nyamara si ko biri. Izi nyubako […]
Mu Karere ka Burera hafatiwe abanyeshuri icyenda bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gukubita abarimu mu bihe bitandukanye, ibintu byatumye inzego z’umutekano zitangira iperereza kuri ibyo byaha. Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Runaba, ruherereye mu Murenge wa Butaro, abanyeshuri barindwi bari hagati y’imyaka 15 na 18 batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gukubita abarimu batatu. Abo […]
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko u Rwanda rushobora guhura n’izamuka rikomeye ry’imyuka ihumanya ikirere mu myaka iri imbere, mu gihe ingamba zo kuyigabanya zitashyirwa mu bikorwa uko bikwiye. Raporo nshya igaragaza uko igihugu gihagaze mu guhangana n’ihindagurika ry’ibihe, yerekana ko imyuka ihumanya ikirere yagiye yiyongera uko imyaka ishira. Mu mwaka wa 2006, […]
Kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2026, Umugaba mukuru w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) Paul Kagame yagize Brigadier General Patrick Karuretwa Umuvugizi wa RDF, kumwanya asimbuyeho Brig, Gen. Ronald RWIVANGA Brig. Gen. Karuretwa, umaze imyaka 30 mu Ngabo z’u Rwanda kandi usanzwe ari Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Ubutwererane bwa Gisirikare n’Ibindi Bihugu, azakora inshingano z’Umuvugizi […]
Mu byatangaje benshi mu mikino y’Igikombe cy’Isi cya FIFA 2026 kugeza ubu, ikipe ya Cape Verde irigukina iri rushanwa bwambere yabashije kunganya na Espagne 0-0 ejo ku wa Mbere i Atlanta, igaragaza ukwihagaraho gukomeye n’ubuhanga budasanzwe bw’umunyezamu wayo. Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Mercedes-Benz warangiye nta kipe n’imwe ibashije gutsinda, aho umunyezamu w’imyaka 40, […]
