Ibyo wamenya ku itegeko rigenga umutungo koranabuhanga ryemejwe n’inama y’aba minisitiri

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 4 Werurwe 2026 yemeje umushinga w’itegeko rigenga umutungo koranabuhanga (virtual assets) mu Rwanda. Iki cyemezo gifatwa nk’intambwe ya mbere iganisha ku gushyiraho amategeko agenga ikoreshwa ry’uyu mutungo mu gihugu. Umutungo koranabuhanga ni agaciro kagaragazwa mu buryo bw’ikoranabuhanga gashobora gucuruzwa cyangwa guhererekanywa, hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, gashobora kandi gukoreshwa mu kwishyura no […]

Abanyarwanda batuye i Burayi bagiranye ibihe byiza n’aba Minisitiri bo mu Rwanda i Paris

i Paris mu Bufaransa kuri uyu wa 21 Gashyantare 2026, abarenga 500 biganjemo urubyiruko baturutse mu bihugu by’i Burayi bahuriye mu gikorwa cyo kungurana ibitekerezo ku bumwe n’ubudaheranwa mu nsanganyamatsiko “Ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda”. Ni igikorwa kitabiriwe na minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene, Minisitiri w’umuco na sporo Nelly Mukazayire, abambasaderi ndetse n’abanyarwanda […]

Uganda igiye kwemerera abahanzi gukoresha “copyright” nk’ingwate mu kwaka inguzanyo

Guverinoma ya Uganda yatangaje ko abahanzi n’abakora ibihangano bitandukanye bagiye kujya bemererwa gukoresha uburenganzira ku bihangano byabo (copyright) nk’ingwate mu kwaka inguzanyo muri banki. Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburinganire n’Umuco, Peace Mutuuzo, wavuze ko iyi gahunda izatangira gushyirwa mu bikorwa neza ubwo itegeko rivuguruye rigenga uburenganzira ku bihangano (Copyright Amendment Bill) rizaba […]

Tshisekedi yasabwe kurandura FDLR na Wazalendo mu maguru mashya

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yasabwe gufata ingamba zifatika mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR na Wazalendo, hagamijwe gushimangira umutekano n’amahoro arambye mu gihugu cye no mu karere ka Afurika yo hagati n’Iburasirazuba. Ibi byagarutsweho mu biganiro yagiranye n’abayobozi bakuru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ruzinduko […]

Perezida Kagame yatanze inama y’uburyo wakubaka urugo ruzira gatanya (Divorce)

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagaragaje ko adasobanukiwe uburyo abantu babiri bashakanye bananiranwa kubana kugeza aho batandukanye, ashimangira ko abashakanye bakwiye kwihanganirana, anaha abanyamadini umukoro wo gushaka igisubizo kirambye ku bibazo byugarije imiryango. Yabigarutseho kuri uyu wa 1 Gashyantare 2026, ubwo yitabiraga amasengesho yo gusengera Igihugu no gushima Imana (National Prayer Breakfast) ategurwa n’Umuryango Rwanda […]

APR FC kuri final nyuma yo gusezerera AS Kigali mu gikombe cy’intwari 2026

Amakipe yacu dukunda APR FC na AS Kigali yahuye mumukino wa 1/2 w’igikombe cy’Intwari 2026 kuri uyu wa 28 Mutarama saa Cyenda z’igicamunsi kuri Kigali Pelé stadium. Nyuma y’iminsi 61 banganyije igitego 1-1 muri Rwanda Premier League, APR FC itsinze uyu mukino 3-0 Uyumukino watangiye amakipe yombi ari kwiga umukino, ananganya imbaraga arinako ashaka uburyo […]

Google, Youtube,TikTok mu nkiko: Umukobwa w’imyaka 19 Yajyanye ibigo by’ikoranabuhanga mu Rukiko

umukobwa w’imyaka 19, uzwi ku mazina ya KGM, avuga ko uburyo imbuga nkoranyambaga zikoresha ibyitwa “algorithms” mu ndimi z’amahanga cyangwa porogaramu zigenzura ibyo abazisura babona, bwamuteye kuba imbata y’izi mbuga, bikamuviramo ingaruka mbi ku buzima bwe, kuko zamuteye uburwayi bwo mu mutwe. Avuga ko ibi byamuteje ibibazo birimo agahinda gakabije (depression) n’ibibazo byo kurya nabi. […]