Libya: Nyuma y’imyaka 16 ishize Umucuruzi yatunguwe no kwakira telefoni za Nokia yari yaratumije muri 2010

1 minute, 23 seconds Read

Umucuruzi wa matelefoni zigendanwa ukorera mu Mujyi wa Tripoli muri Libya yatunguwe no kwakira umuzigo wa matelefoni mato ya Nokia azwi nka push-button cyangwa matushe, yari yaratumije mu mwaka wa 2010, hashize imyaka 16 yose.

Iyi nkuru igaragaza mu buryo bugaragara ingaruka z’imvururu n’intambara byibasiye Libya mu myaka irenga 15 ishize, bikangiza bikomeye ubwikorezi n’imikorere y’inzego z’igihugu.

Uyu mucuruzi yavuze ko yari yaratumije izi telefoni mbere gato y’intambara yo mu 2011 yahiritse ubutegetsi bwa Muammar Gaddafi. Icyo gihe, ibikorwa byinshi byahise bihagarara birimo ubwikorezi bwo mu mazi, imirimo ya gasutamo n’ubucuruzi mpuzamahanga.

Izo telefoni zagumye mu bubiko ahantu hatazwi neza, imyaka igenda ishira nta kintu na kimwe gikorwa ngo zigere kuri nyirazo. Mu kwezi kwa Mutarama 2026, nibwo zaje kuboneka, zihita zoherezwa ku mucuruzi wazitumije.

Icyatangaje benshi ni uko uwatumije izi telefoni n’uwazimushyikirije bombi batuye mu Mujyi wa Tripoli, kandi batandukanyijwe n’intera nto cyane. Nubwo bimeze bityo, byafashe imyaka 16 yose kugira ngo uwo muzigo umugereho.

Kuva mu 2011, Libya yakomeje kuba igihugu gifite ibice bibiri by’ubutegetsi. Hari Guverinoma yemewe n’Umuryango w’Abibumbye (Loni) ikorera i Tripoli, iyobowe na Minisitiri w’Intebe Abdulhamid Dbeibah, ndetse n’ubuyobozi bwo mu Burasirazuba buyobowe na Jenerali Khalifa Haftar.

Uku kudahuza kwa politiki ni ko gukomeje gutuma serivisi nyinshi zidakora neza, harimo n’ubwikorezi, ubucuruzi n’itumanaho.

Mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, uyu mucuruzi yagaragaye apakurura izi telefoni mu mufuka wa pulasitiki utukura, agaragaza gutangara, anibaza niba akwiye kuzifata nk’ibikoresho byo gukoresha cyangwa se nk’ibisigazwa by’amateka.

Izi telefoni zo mu ntangiriro z’imyaka ya 2000, nubwo zari zikunzwe cyane icyo gihe kubera kuramba kwazo, kuri ubu zifatwa nk’izashaje kandi zitagifite agaciro kanini mu ikoranabuhanga rigezweho.

About The Author

author

Mussa KaKa

My name is Byiringiro Moise, a graduate of the University of Rwanda in the Department of History and Heritage. I have practical experience in heritage preservation and museum education, having completed an internship at the Huye Ethnographic Museum where I worked on ethnographic collection management and visitor engagement. I have also served as a teacher, delivering holistic lessons that empower youth and strengthen community values. My academic and professional journey reflects a deep commitment to cultural identity, reconciliation, and civic education.

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *