Nyuma yo gutwara shampiyona ya 2025/2026, APR FC yongereyeho n’igikombe cy’Amahoro gitegurwa na FERWAFA nyuma yo gutsinda mukeba wayo Rayon Sports penaliti 4-2, nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 1-1 mu minota isanzwe y’umukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu tariki 23 Gicurasi 2026. Iyi ntsinzi yahesheje APR FC igikombe cya 15 cy’Amahoro, ikomeza kuba ikipe ifite ibikombe byinshi kurusha andi makipe mu Rwanda, banasoje umwaka begukanye double.
Umukino uzwi nka 1000 hills Derby wari witabiriwe n’abafana benshi cyane. APR FC yinjiye muri uyu mukino ari yo yari isanzwe ifite igikombe ndetse yaranatwaye shampiyona, mu gihe Rayon Sports yashakaga kwegukana ikigikombe kugirango idasoza umwaka ntagikombe gikomeye itwaye.
Rayon Sports yafunguye amazamu mbere y’uko igice cya mbere kirangira. Ku munota wa 43, aho Asman Ndikumana yinjije penaliti neza nyuma y’ikosa ryakorewe mu rubuga rw’amahina na Hakizimana Adolphe, biha Rayon Sports kuyobora umukino n’igitego 1-0.
APR FC yagarukanye imbaraga mu gice cya kabiri. Ku munota wa 52, rutahizamu William Mel Togui yatsinze igitego cyo kwishyura, bituma umukino uba 1-1.
Igice cya kabiri cyaranzwe no gusatirana ku mpande zombi, imipira myiza yo hagati mu kibuga, n’amahirwe menshi. APR yasatiriye binyuze kuri Djibril Ouattara, Kiwanuka na Togui, naho Rayon Sports ikoresha kontratake ziyobowe na Mugisha Didier na Asman. Nta kipe yabashije gutsinda igitego cya kabiri, bituma hitabazwa penaliti.
APR FC yitwaye neza cyane muri penaliti kuko penaliti zabo zose bazingije naho kuruhande rwa Rayon Sports Asman Ndikumana yayihushije na Olivier Kwizera penaliti ye yakuwemo nuko APR FC yegukana igikombe kuntsinzi ya penaliti 4-2.
Umunyezamu Hakizimana Adolphe yabaye umukinnyi mwiza w’umukino kubera uko yakuyemo imipira ikomeye ndetse n’uburyo yitwaye neza muri penaliti.
Iyi ntsinzi yongereye ubukombe bwa APR FC mu Gikombe cy’Amahoro. Ubu ibikombe byayo bigeze kuri 15, dore uko yagiye ibitwara mumyaka igiye itandukanye 1994, 1996, 1999, 2000, 2002, 2006, 2007, 2008, 2010, 2011, 2012, 2014, 2017, 2025 na 2026.
Iyi ntsinzi kandi yahesheje APR FC guhagararira u Rwanda muri CAF Champions League 2026/27, naho Rayon Sports ihita ibona itike ya CAF Confederation Cup kubera ko ariya kabiri muri Shampiyona.
Nyuma yuyumukino kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yashyikirije igikombe abayobozi bakuru b’iyi Kipe y’Ingabo bayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umuyobozi w’Icyubahiro wungirije wa APR FC, Gen Mubarakh Muganga
Mbere yaho mu mukino wa nyuma w’abagore wabereye kuri stade Amahoro, Rayon Sports WFC yatsinze Police WFC 2-0 mugikombe cyabagore mukiciro cyabagore, ibitego byatsinzwe na Odette Elsie Eyeang Nguema bakunze kwita Coralie Odette na Umwari Uwase uzwi nka Dudja.
