Ebola muri RDC: Virusi ishobora kuba yaraturutse ku nyamaswa

author
1 minute, 32 seconds Read

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo cyibasiye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gishobora kuba cyaratangiriye ku nyamaswa, aho kuba cyarakomotse ku bwandu bwari busanzwe bukwirakwira mu bantu.

Ubwo bushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru Nature Medicine ku wa 10 Kanama 2026, bukaba bwarakozwe n’abahanga bo muri RDC, Uganda, u Bubiligi n’ibindi bihugu.

Abashakashatsi basesenguye imiterere y’uturemangingo twa virusi 22 twakuwe mu barwayi ba Ebola muri RDC na Uganda. Ibyavuye muri iri sesengura byagaragaje ko virusi ya Bundibugyo iri gutera icyorezo muri RDC itandukanye n’iyagaragaye mu byorezo byabaye muri Uganda hagati ya 2007 na 2008, ndetse no muri RDC mu 2012.

Abahanga bavuga ko iri tandukaniro ritanga ishusho y’uko virusi ishobora kuba yaravuye ku nyamaswa ikagera ku bantu, hanyuma igatangira gukwirakwira hagati yabo.

Nubwo bimeze bityo, ubushakashatsi ntibwashoboye kugaragaza neza ubwoko bw’inyamaswa yaba yarabaye inkomoko y’iyi virusi. Abashakashatsi basabye ko hakongerwa imbaraga mu gukurikirana virusi n’imiterere yayo, kugira ngo ubwandu bushya bushobore gutahurwa hakiri kare kandi hagabanywe ibyago byo gukwirakwira.

RDC yatangaje ko icyorezo cya Ebola cyatangijwe ku mugaragaro ku wa 15 Gicurasi 2026. Nyuma y’iminsi ibiri, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko iki cyorezo ari ikibazo cy’ubuzima gihangayikishije Isi.

Imibare yatangajwe n’Ikigo cya RDC gishinzwe Ubuzima Rusange (INSP) igaragaza ko kugeza ku wa 11 Kanama 2026, abantu 4.566 bari bamaze kwandura Ebola muri iki gihugu, barimo 2.128 bahitanywe nayo.

Kugeza ubu, nta rukingo cyangwa umuti wemewe wihariye w’iki cyorezo uraboneka, ariko OMS n’abafatanyabikorwa bayo bari gukora igerageza ry’ubuvuzi rigamije gushaka uburyo bwizewe bwo kukirwanya.

Abashakashatsi bavuga ko gukomeza gukurikirana virusi no kumenya aho yaturutse ari ingenzi mu rwego rwo gufasha inzego z’ubuzima gutahura hakiri kare ibyorezo bishya no gufata ingamba zo kubikumira mbere y’uko bikwira mu bantu benshi.

Abashakashatsi bagaragaje ko Ebola yugarije RDC ishobora kuba yaravuye mu nyamaswa, igahita yinjira mu bantu.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *