Igitero cy’u Burusiya cyateje inkongi ku cyambu cya Ukraine, Zelenskyy asaba America misile

author
2 minutes, 39 seconds Read

Ingabo z’u Burusiya zagabye igitero ku bikorwa remezo by’icyambu cya Izmail, mu majyepfo ya Ukraine, bituma umuriro ufata, nk’uko abayobozi bo muri ako gace babitangaje.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Izmail bwabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ko igitero cy’Uburusiya cyibasiye ibikorwa remezo by’icyambu, bikangiza bimwe mu bikorwa ndetse hagatangira inkongi y’umuriro.

Abatabazi n’abashinzwe kuzimya inkongi bahise batangira ibikorwa byo guhangana n’uwo muriro no gusuzuma ibyangiritse.

Izmail iherereye hafi y’umupaka wa Ukraine na Romania, kandi ni kimwe mu byambu bikomeye cyane bya Ukraine biri ku ruzi rwa Danube. Iki cyambu gikoreshwa cyane mu gutwara ibinyampeke n’ibindi bicuruzwa.

Iki gitero cy’Uburusiya kibaye nyuma y’umunsi umwe Ukraine igabye igitero ku cyambu cya Novorossiysk mu Burusiya, mu gihe intambara hagati y’ibihugu byombi ikomeje kwibasira ibikorwa remezo bifite akamaro mu bukungu n’ubwikorezi.

Ibi bitero bibaye mu gihe Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko igihugu cye gifite ikibazo gikomeye cy’ibisasu bya Patriot bifasha guhangana na misile za ballistique z’u Burusiya.

Mu kiganiro yagiranye na CNN, Zelenskyy yavuze ko Ukraine ikeneye nibura 5% by’ibisasu bya Patriot Amerika ifite mu bubiko bwayo kugira ngo ibashe guhangana n’ibitero by’u Burusiya mu gihe cy’imbeho.

Yavuze ko haramutse habonetse 10%, Ukraine yabasha kurushaho guhangana na misile za ballistique z’u Burusiya.

Zelenskyy yavuze ko ikibazo cy’ibisasu byo kurinda ikirere cyarushijeho gukomera, kuko Ukraine ubu ifite ibikoresho bike ugereranyije n’ibyo yari ifite mu mwaka ushize, mu gihe Uburusiya bwo bwongereye umubare wa misile burasa buri kwezi.

Perezida wa Ukraine yavuze ko igihugu cye gifite hafi 1% gusa y’ibyo gikeneye, bityo akaba asaba Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugifasha kubona ibindi.

Mu mezi ashize, Uburusiya bwakomeje kugaba ibitero bikomeye bya misile ku mijyi itandukanye ya Ukraine, birimo umurwa mukuru Kyiv.

Zelenskyy yavuze ko mu gitero kimwe, Ukraine yananiwe guhagarika misile 28 za ballistique zari zayiteweho.

Misile za ballistique zifatwa nk’izigoye cyane guhagarika kuko zigenda ku muvuduko ukomeye kandi zigakurikira inzira ihanamye mu kirere, bitandukanye na zimwe muri misile zisanzwe ndetse n’indege zitagira abapilote.

Ku wa Gatatu, Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zatangaje ko zitazongera gutangaza mu buryo burambuye imibare y’imisile za ballistique z’Uburusiya zatewe mu bitero.

Yurii Ihnat, ushinzwe itumanaho mu Ngabo zirwanira mu kirere za Ukraine, yavuze ko ibizahishwa birimo umubare w’ibitero byagabwe, ibyahanuwe, ibyahagaritswe ndetse n’ibitarageze ku ntego.

Gusa yavuze ko amakuru y’ingenzi arebana n’ahantu hashobora kugwa ibitero azakomeza gutangwa ku baturage mu gihe gikwiye.

Zelenskyy yavuze ko Ukraine ikeneye ubufasha bwihuse kugira ngo ibashe kurinda abaturage bayo mu gihe cy’imbeho, ubwo ibitero ku bikorwa remezo n’imijyi bishobora gukomeza kwiyongera.

Yavuze ko amaze igihe asaba ubuyobozi bwa Amerika kongera ibikoresho byo kurinda ikirere cya Ukraine, ariko ko akiri mu cyizere cy’uko ubusabe bwe buzitabwaho.

Mu kwezi gushize, Uburusiya bwarashe misile zirenga 450 muri Ukraine, hafi 200 muri zo zikaba zari iza ballistique.

Intambara hagati y’Uburusiya na Ukraine imaze imyaka irenga ine, kandi ibitero byibasiye ibikorwa remezo by’ingufu, ibyambu n’ahandi hantu hafite akamaro mu bukungu bikomeje kugira ingaruka ku baturage no ku mikorere y’igihugu.

Ingabo z’u Burusiya zagabye igitero ku bikorwa remezo by’icyambu cya Izmail.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *