Arsenal yatangiye neza cyane urugendo rwo kwisubiza igikombe cya Premier League, itsinda ikipe ya Coventry City yazamutse mu cyiciro cya mbere ibitego 3-0 kuri Emirates Stadium ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 21 Kanama 2026. Nyuma yo gutwara igikombe cya shampiyona mu 2025/26, bategereje imyaka 22 kugira ngo bongere kugitsindira bayoboye umukino wa […]
Ronaldinho agiye kongera gukina umupira w’amaguru mu marushanwa afite imyaka 46, nyuma y’imyaka hafi 11 adakinnye umukino wemewe. Uyu munya-Brazil yinjiye mu ikipe ya Ravenna yo mu cyiciro cya gatatu mu Butaliyani, aho yizeye kongera ku bitego amaze gutsinda mu mwuga we no kugera ku bitego 300. Ronaldinho aheruka gukina umukino wemewe muri Nzeri 2015, […]
Ku wa 20 Kanama 2026, abakinnyi, abatoza n’abayobozi b’ikipe ya Mukura Victory Sports & Loisirs bitabiriye amahugurwa yihariye yateguwe na BK Pro League ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA. Ayo mahugurwa yari agamije gusobanura impinduka zakozwe ku Mategeko Agenga Umukino w’Umupira w’Amaguru azakurikizwa muri shampiyona ya 2026/2027. Aya mahugurwa ari muri gahunda yo […]
Myugariro w’umunyarwanda Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe ya Al Ahli Tripoli SC yo muri Libya nyuma y’imyaka 3 yari amaze ayikinira. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Al Ahly Tripoli yatangaje ko yatandukanye na Manzi Thierry ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ndetse imusobanura nk’umukinnyi w’umunyamahanga watwaye ibikombe byinshi […]
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Murangira B. Thierry yavuze ko dosiye ya Shema Fabrice usanzwe ari Perezida wa FERWAFA yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 18 Kanama 2026. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice ukekwaho icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye. Ni nyuma yuko uyu usanzwe […]
Ikipe ya APR BBC isanzwe ari yo ifite igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda yatangiye neza imikino ya nyuma ya shampiyona ya 2026, itsinda Patriots BBC amanota 117-91 mu mukino wabaye ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, muri BK Arena. Umunyamerika Craig Randall II ni we wabaye umukinnyi wigaragaje cyane muri uyu […]
APR FC yari yaregukanye Championat ya BK pro league yasimbujwe Mukura VS mu makipe azitabira imikino ya Super Cup 2026 nyuma yo kumenyesha FERWAFA ko itazayitabira. Muri iyi mikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium, ku wa 27 Kanama 2026, Kiyovu Sports izakira Mukura VS mu gihe Rayon Sports izakina na Police FC. Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru […]
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal FSF ryatangaje ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ko Patrick Vieira yagizwe umutoza mushya w’ikipe nkuru y’igihugu ya Sénégal, ahita atangira inshingano ze. Uyu wahoze ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ndetse n’ikipe ya Arsenal yasinyanye amasezerano y’imyaka ine yo gutoza Intare za Teranga. Vieira, ufite imyaka 50, […]
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ikipe ya Real Madrid yatangaje ku mugaragaro José Mourinho nk’umutoza mukuru wayo mushya mu muhango wabereye mu kigo cy’imyitozo cya Ciudad Real Madrid giherereye i Valdebebas. Uyu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, nta banyamakuru bari bahari, ugaragaza itangira ry’igihe cya kabiri cy’uyu mutoza w’UmunyaPortugal muri iyi […]
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League, yamaze gutangaza gahunda y’imikino y’umwaka wa 2026/2027. Iyi shampiyona itegerejwe na benshi izatangira muri Nzeri 2026 isozwe muri Gicurasi 2027, aho abakunzi b’umupira w’amaguru bazakurikirana imikino izamara amezi icyenda. Abategura shampiyona batangaje ko amatariki n’amasaha y’imikino ashobora guhinduka bitewe n’imigendekere y’irushanwa. Umwaka w’imikino wa 2026/2027 uzatangira […]
