author

Ronaldinho, ufite imyaka 46 agarutse mu mupira w’amaguru mu rwego rwo gushaka igitego cya 300

Ronaldinho agiye kongera gukina umupira w’amaguru mu marushanwa afite imyaka 46, nyuma y’imyaka hafi 11 adakinnye umukino wemewe. Uyu munya-Brazil yinjiye mu ikipe ya Ravenna yo mu cyiciro cya gatatu mu Butaliyani, aho yizeye kongera ku bitego amaze gutsinda mu mwuga we no kugera ku bitego 300. Ronaldinho aheruka gukina umukino wemewe muri Nzeri 2015, […]

Abakinnyi, abatoza n’abayobozi ba Mukura VS&L ahuguwe ku mategeko mashya

Ku wa 20 Kanama 2026, abakinnyi, abatoza n’abayobozi b’ikipe ya Mukura Victory Sports & Loisirs bitabiriye amahugurwa yihariye yateguwe na BK Pro League ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA. Ayo mahugurwa yari agamije gusobanura impinduka zakozwe ku Mategeko Agenga Umukino w’Umupira w’Amaguru azakurikizwa muri shampiyona ya 2026/2027. Aya mahugurwa ari muri gahunda yo […]

Manzi Thierry yasoje urugendo rwe na Al Ahli Tripoli SC yo muri Libya

Myugariro w’umunyarwanda Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe ya Al Ahli Tripoli SC yo muri Libya nyuma y’imyaka 3 yari amaze ayikinira. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Kanama 2026 nibwo ikipe ya Al Ahly Tripoli yatangaje ko yatandukanye na Manzi Thierry ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ndetse imusobanura nk’umukinnyi w’umunyamahanga watwaye ibikombe byinshi […]

Dosiye ya SHEMA Fabrice yazamuwe m’ubushinjacyaha

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Murangira B. Thierry yavuze ko dosiye ya Shema Fabrice usanzwe ari Perezida wa FERWAFA yagejejwe mu Bushinjacyaha ku wa 18 Kanama 2026. Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice ukekwaho icyaha cyo gutanga sheki itazigamiye. Ni nyuma yuko uyu usanzwe […]

Patrick Vieira yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu ya Sénégal

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Sénégal FSF ryatangaje ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ko Patrick Vieira yagizwe umutoza mushya w’ikipe nkuru y’igihugu ya Sénégal, ahita atangira inshingano ze. Uyu wahoze ari umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa ndetse n’ikipe ya Arsenal yasinyanye amasezerano y’imyaka ine yo gutoza Intare za Teranga. Vieira, ufite imyaka 50, […]

José Mourinho yatangajwe kumugaragaro nk’umutoza mukuru wa Real Madrid

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, ikipe ya Real Madrid yatangaje ku mugaragaro José Mourinho nk’umutoza mukuru wayo mushya mu muhango wabereye mu kigo cy’imyitozo cya Ciudad Real Madrid giherereye i Valdebebas. Uyu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, nta banyamakuru bari bahari, ugaragaza itangira ry’igihe cya kabiri cy’uyu mutoza w’UmunyaPortugal muri iyi […]

BK Pro League yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/2027

Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League, yamaze gutangaza gahunda y’imikino y’umwaka wa 2026/2027. Iyi shampiyona itegerejwe na benshi izatangira muri Nzeri 2026 isozwe muri Gicurasi 2027, aho abakunzi b’umupira w’amaguru bazakurikirana imikino izamara amezi icyenda. Abategura shampiyona batangaje ko amatariki n’amasaha y’imikino ashobora guhinduka bitewe n’imigendekere y’irushanwa. Umwaka w’imikino wa 2026/2027 uzatangira […]