author

Cameroun yegukanye igikombe cy’Africa cy’abagore 2026 itsinze Malawi ibitego 3-0

Ikipe y’igihugu ya Cameroun yatsinze Malawi ibitego 3-0, yegukana ku nshuro ya mbere mu mateka yayo Igikombe cya Afurika cy’Abagore WAFCON 2026. Umukinnyi Marie Ngah Manga yafunguye amazamu ku munota wa 20, atsindishije umutwe ari hafi y’izamu. Nyuma y’iminota 10, Naomi Eto yatsinze igitego cya kabiri, mbere y’uko Ngah Manga atsinda icya gatatu mu minota […]

Ni ayahe makipe azi kugurisha neza abakinnyi muri Premier League?

Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi riri kugana ku musozo, amakipe menshi ari kugurisha abakinnyi ku mpamvu zitandukanye zirimo kugabanya umutwaro w’imishahara, kubona inyungu ku bakinnyi bageze ku rwego rwo hejuru cyangwa kubahiriza amategeko agenga imikoreshereze y’umutungo. Ariko si amakipe yose afite ubushobozi bumwe mu kugurisha abakinnyi. Hari ayamenyereye kuvumbura impano, kuziteza imbere no kuzigurisha […]

FERWAFA yagennye Nicholas De Long nk’umukozi mushya ushinzwe guteza imbere umupira w’amaguru w’abato ku rwego rw’igihugu.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryagennye impuguke y’Umwongereza, Nicholas De Long, nk’Umuyobozi mushya ushinzwe guteza imbere umupira w’amaguru w’abato ku rwego rw’igihugu. Iki cyemezo kigamije kurushaho gushimangira gahunda yo gutegura no kuzamura impano z’abakinnyi bakiri bato. De Long afite ubunararibonye bukomeye mu guteza imbere impano, gushakisha abakinnyi bafite ubushobozi no kubatoza. Yakoze mu makipe […]

FERWAFA yatanze impushya ku makipe azakina shampiyona ya BK Pro League 2026-2027

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryatangaje ibyavuye mu isuzuma ryakozwe ku makipe yasabye impushya zo kwitabira shampiyona ya BK Pro League 2026-2027. Iri suzuma ryakozwe n’Urwego rwa FERWAFA rushinzwe gutanga impushya ku makipe Club Licensing First Instance Body, rwateranye kuva ku wa 12 kugeza ku wa 14 Kanama 2026, rugamije kureba niba amakipe yujuje […]

Uwimana Clarisse yatorewe kuba Visi Perezida w’ikipe yahoze yitwa AS Kigali

Umunyamakuru Uwimana Clarisse yagizwe Visi Perezida wa AS Kigali yahinduriwe izina ikitwa Kigali Football Club, asimbura Kankindi Anne-Lise. Uwimana uzaba wungirije Perezida wa Kigali FC, Rindiro Jean Chrysostome, asanzwe ari umunyamakuru wa B&B Kigali FC ariko yanakoreye izindi radiyo zirimo City Radio, Contact FM, Flash FM, Radio 10 na Vision FM. Uretse kuvuga umupira no […]

Ese iyi yaba ari season yanyuma Cristiano Ronaldo akina umupira nkuwabigize umwuga?

Cristiano Ronaldo yatanze ikimenyetso gikomeye kurusha ibindi byose cyerekana ko umwe mu bakinnyi bakoze amateka akomeye mu mupira w’amaguru ashobora kuba ari hafi gusezera. Mu kiganiro yagiranye na Vogue cyasohotse ku Cyumweru, uyu mukinnyi w’Umunya-Portugal w’imyaka 41, akaba na kapiteni wa Al-Nassr, yavuze ko iyi shampiyona ishobora kuba ari iya nyuma akina umupira w’amaguru, anagaragaza […]

Arsenal yatsinze Manchester City ibitego 3-0 muri Community Shield, Tzolis yigaragaza neza ku mukino wa mbere

Arsenal yatangiye neza umukino wa Community Shield, itsinda Manchester City ibitego 3-0. Ibitego bya Riccardo Calafiori, Kai Havertz na Martin Ødegaard byagaragaje ubukana bw’iyi kipe muri uyumwaka wimikino ugiye gutangira. Umukinnyi mushya Christos Tzolis yahise agaragaza ubuhanga bwe ku mukino we wa mbere, atanga imipira ibiri yavuyemo ibitego, bituma Arsenal ikomeza kuyobora umukino. Calafiori ni […]

Algeria yatsinze Maroc kuri penaliti yegukana umwanya wa gatatu mugikombe cy’Africa cy’abagore

Ikipe y’igihugu ya Algeria, yari itarigeze irenga 1/4 cy’irangiza, yanditse amateka mashya nyuma yo gutsinda mukeba wayo Maroc. Mu gice cya mbere, amakipe yombi ntiyabonye uburyo bwinshi bwo gutsinda. Ku munota wa gatatu, Algeria hafi yo gutsindwa igitego kidasanzwe nyuma y’uko Lana Smits akoze ikosa mu mutwe, ariko umunyezamu Chloe N’Gazi akatabara. Algeria yagerageje gushaka […]

Abel Deus ukora kuri B&B Kigali Fm yakoze ubukwe

Umunyamakuru w’imikino kuri B&B Kigali FM, Abel Deus Kwizera uzwi nka Cardinale yasabye anakwa Sandrine Mukabutera mu birori byabereye muri Don De Dieu Garden Kicukiro mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kanama 2026. Ubu bukwe bwabaye nyuma y’uko tariki 28 Gicurasi aba bombi basezeranye kubana akaramata imbere y’amategeko. Ubu bukwe bwitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye byiganjemo abanyamakuru […]

Amategeko mashya y’imari muri EFL: Ni ayahe makipe ashobora guhura n’ibibazo kandi ni iki ugomba kumenya?

Shampiyona zo mu Bwongereza ziri mu maboko ya EFL arizo Championship, League One na League Two, zatangiye gukoresha amategeko mashya agamije kugenzura ikoreshwa ry’amafaranga guhera muri shampiyona ya 2026-2027. Aya mategeko yasimbuye gahunda ya PSR yari imaze imyaka 10 ikoreshwa. Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu Bwongereza Championship iragaruka kuri uyu wa Gatanu nyuma y’amezi atatu […]