Ikipe ya Sunrise FC yatsinze APR FC igitego 1-0 mu mukino wa gicuti wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Kanama 2026, kuri Sitade ya Nyagatare, izwi kandi nka Gologota cyangwa Gorogota, mu Karere ka Nyagatare. Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino cyatsinzwe na Ndikumana Arteta wahoze muri Gicumbi FC ku munota wa 15, maze […]
Imikino ya kamampaka yarangiye ikipe ya APR BBC na Patriots BBC ari zo zikatishije itike yo kujya ku mukino wa nyuma wa shampiyona ya Basketball y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda RSSB Tigers na REG BBC. Mu ijoro ryo ku wa 14 Kanama 2026 ni bwo muri Petit Stade i Remera yasojwe imikino ya ½ ya […]
Umunyarwanda Mugisha Bonheur uzwi nka Casemiro ukina mu kibuga hagati yafashije ikipe ye ya Al Hazem kwitwara neza ku munsi wa mbere wa Shampiyona ya Saudi Arabia, Saudi Pro League, itsinda Abha ibitego 2-1. Kuri uyu wa Kane tariki 13 Kanama 2026 nibwo Saudi Pro League yatangiye, ibimburirwa n’umukino Abha yakiriyemo Al Hazem. Uyu mukino […]
Myles Lewis-Skelly yarangije umwaka w’imikino wa 2025/2026 ari mu bihe byiza cyane. Yabaye umukinnyi ubanza hagati mu kibuga muri Arsenal, yegukana igikombe cya Premier League ndetse anatangira mu mukino wa nyuma wa UEFA Champions League afite imyaka 19 gusa. Ariko uko isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi rigenda risatira umusozo, amakuru yatangiye kuvuga ko ashobora […]
Paris Saint-Germain yegukanye igikombe cya UEFA Super Cup 2026/2027 nyuma yo gutsinda Aston Villa ibitego 2-1 kuri uyu wa Gatatu kuri sitade ya Red Bull Arena i Salzburg muri Ostrich. Ikipe ya PSG yabashije kwisubiza ikigikombe kunshuro ya kabiri, iba ikipe ya mbere yongeye kwegukana iki gikombe inshuro ebyiri zikurikirana kuva Real Madrid yabikora mu […]
Inseko nziza ntabwo iza umuntu akuze. Itangirira ku myitwarire n’uburere umwana ahabwa kuva akiri muto, ndetse mbere y’uko iryinyo rye rya mbere rimera mu kanwa. Ubuzima bwo mu kanwa ni igice cy’ingenzi mu buzima bw’umuntu, kandi ibibazo by’amenyo ni bimwe mu bibazo by’ubuzima bikunze kugaragara ku isi. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rivuga […]
Ikipe ya Real Madrid, itozwa na José Mourinho, yegukanye iki gikombe ku nshuro ya 10, iba ikipe ya kabiri imaze kugitwara inshuro nyinshi nyuma ya Deportivo de A Coruña. Nubwa mbere Real Madrid yongeye kugitwara kuva mu 2013. Iyi ntsinzi yanatumye Real Madrid ikomeza kutatsindwa mu mikino yose ya gicuti yabanjirije shampiyona. Real Madrid yegukanye […]
Mu myaka hafi 20 ishize, Lionel Messi na Cristiano Ronaldo babaye bamwe mu bakinnyi bakomeye kandi bahanganye cyane mu mateka y’umupira w’amaguru. Nubwo guhangana kwabo kwagiye gutuma benshi batekereza ko badakundana, igihe kimwe cyose umwe avuze undi, akenshi amuvugaho neza. Kuri ubu, Messi ari kunyura mu bihe bikomeye mu buzima bwe bwite nyuma y’urupfu rwa […]
Transfer ya Bruno Guimarães iva muri Newcastle United ijya muri Arsenal ku giciro cya miliyoni £75 yongeye kugaragaza impinduka zikomeye zikomeje kuba muri Premier League. Arsenal ikomeje gukoresha amafaranga menshi mu gushaka abakinnyi bafite ubushobozi bwo guhita bazamura urwego rw’ikipe, mu gihe amakipe akomeye agenda arushaho kwigarurira abakinnyi beza b’amakipe asigaye. Iyi transfer kandi ituma […]
Cristiano Ronaldo na Georgina Rodriguez basezeranye imbere y’amategeko mu muhango wabereye i Cascais, muri Portugal, aba bombi bakoze ubukwe mu muhango wihariye kandi utari munini ku wa Kabiri, bari kumwe n’abana babo batanu, nyuma y’umwaka umwe batangaje ko basezeranye kuzashyingiranwa. Ronaldo yatangaje ko we na Georgina bamaze gushyingiranwa nyuma y’imyaka icumi bari bamaze babana, ashyira […]
