BNR yatangaje Ibyavuye mu igeragezwa ry’ibanze ry’ifaranga koranabuhanga (e-Frw)

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yasoje igerageza rito rizwi nka “Proof of Concept (PoC)” ku mushinga w’Ifaranga-Koranabuhanga rya Banki Nkuru (CBDC), ryiswe e-Franc Rwandais (e-FRW). Iri gerageza rifatwa nk’intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubaka urwego rw’imari rutajegajega, rudaheza kandi rukoresha ikoranabuhanga rigezweho. Igerageza ryakorewe ku buryo e-FRW ishobora gukoreshwa mu kwishyurana hagati y’abantu […]

Intare zashyizwe muri gahunda yo kuringanyiza imbyaro

Intare zo muri Pariki y’Akagera zashyizwe muri gahunda yo kuringaniza urubyaro, Pariki y’Akagera yatangaje ko Intare eshanu z’ingore zashyizwe muri gahunda yo kuringaniza imbyaro mu rwego rwo kugira habungabungwe uburinganire bw’urusobe rw’ibinyabuzima.’ Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwatangaje ko intare eshanu z’ingore zashyizwe muri gahunda yo kuringaniza imbyaro, hagamijwe gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kugenzura neza […]

Cristiano Ronaldo agiye gutangiza icyiciro gishya, Yabaye umunyamigabane wa UD Almería

Cristiano Ronaldo yaguze 25% by’imigabane ya Unión Deportiva  Almería yo muri Espagne yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Espagne. Uyu mukinnyi w’Umunya-Portugal uri kugana mu myaka ye ya nyuma mu mupira w’amaguru, arajwe ishinga no kubaka ubukungu mu bikorwa bitandukanye n’ibindi bifite aho bihuriye n’umupira w’amaguru. Ni muri urwo rwego yaguze 1/4 cy’imigabane mu ikipe […]

Uruhare rw’ababyeyi mu bizamini bya Leta uyu mwaka wa 2025-2026

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri NESA cyatangaje ko kwiyandikisha gukora Ibizamini bya leta bisoza amashuri abanza, ikiciro ruzasange n’ayisumbuye bizatangira guhera 25 Gashyantare kugeza 27 Werurwe 2026. Mu itangazo NESA yashyize ahagaragara binyuze ku rukuta rwayo rwa X rwahoze ari Twiter, yatanze inyandiko 2 zirimo iy’urutonde rw’ibigo bicumbikira abana Boarding School ndetse n’indi igaragaza […]

Abarimo Barafinda Fred Sekikubo bakatiwe iminsi 30 y’agateganyo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko abarimo Barafinda Sekikubo Fred, Mazimpaka Patrick, Nizeyimana Didier, Japhet Nkeramihigo na Tumukunde bafungwa iminsi 30 y’agateganyo, ariko se bakurikiranyweho ibihe byaha? Icyemezo cy’urukiko cyasomwe kuri uyu wa 25 Gashyantare 2026. Abaregwa bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza no gutangaza amakuru y’ibihuha bakoresheje imbuga nkoranyambaga by’umwihariko YouTube ya Muchoma yitwa Sana TV […]

Gahunda ya FIFA Forward iri kubaka umusingi ukomeye w’ejo hazaza h’umupira w’amaguru ku isi hose.

Perezida Paul Kagame yagaragaje umusanzu wa gahunda ya FIFA Forward yatangijwe n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi FIFA mu guteza imbere umupira w’amaguru hirya no hino. Gahunda ya FIFA Forward iri kubaka umusingi ukomeye w’ejo hazaza h’umupira w’amaguru ku isi hose. Mu myaka 10 ishize, FIFA Forward yafashije amashyirahamwe y’umupira w’amaguru atandukanye ku Isi arenga 200, […]

Stade Amahoro yafunzwe by’agateganyo kubera imyiteguro ya FIFA Series 2026

Kubera imyiteguro y’irushanwa ritegurwa na FIFA rizwi nka FIFA Series 2026, Stade Amahoro yafunzwe by’agateganyo kugira ngo ibanze itunganywe. Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa, ubwo yasobanuraga impamvu habayeho impinduka mu mikino imwe n’imwe ya shampiyona. Mu kiganiro yagiranye na RBA, Karangwa yavuze ko iki kibuga kitari mu bikoreshwa muri iki […]

Abo Leta izishyurira: Mituweli izajya yishyurwa kugeza ku 20,000 Frw guhera umwaka utaha

Kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026 hijihijwe imyaka 25 ishize Leta y’u Rwanda ishyizeho ubwisungane mu kwivuza bwa mituweli (Mutuelle de sante), ndetse hanerekanwa ku mugaragaro uburyo bwo kwishyura mituweli bijyanye n’imisanzu mishya ivuguruye bikaba byabereye mu karere ka Gasabo na Kayonza. Hatangajwe serivisi ziyongereye kuzari zisanzwę zihabwa abakoresha mituweli zirimo kuyungurura amaraso ku bafite […]

Minisitiri Nduhungirehe yavuzeko FDLR igihari imvugo z’urwango zitazacika mu karere

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko imvugo zibiba urwango zishobora gukomeza gukwirakwira mu karere igihe cyose umutwe wa FDLR ugihari. Yabivugiye mu nama mpuzamahanga yo kurwanya ivangura yabereye mu Busuwisi ku wa 23 Gashyantare 2026. Mu ijambo rye, Minisitiri Nduhungirehe yagarutse ku ngaruka z’imvugo zibiba urwango, avuga ko iyo zititaweho kandi zigafatwa […]

Abantu babiri bitabye Imana bazize impanuka yabaye mu isiganwa rya Tour Rwanda 2026

Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda (Tour du Rwanda) bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana bazize impanuka yabaye ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, ubwo harebwaga agace ka mbere k’iri siganwa kahagurukiye mu Karere ka Gicumbi kagasorezwa i Rwamagana. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwavuze ko iyi mpanuka yabereye i […]