Imodoka ya Howo yaguye muri Nyabarongo

author
0 minutes, 57 seconds Read

Nkuko byatangajwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyarusange Byicaza Jean Claude wo mu karere ka Muhanga, imodoka yari itwawe n’umushoferi witwa Mugwaneza Idrissa wakoreraga campany y’abashinwa yaguye mu mugezi wa nyabarongo uwo mushoferi ahasiga ubuzima.

Iyi mpanuka yabereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Musongati, Umurenge wa Nyarusange, mu Karere ka Muhanga

Byicaza Jean Claude Avuga ko iyi modoka yabuze feri, uwari uyitwaye agerageza kuyegeka ku mukingo ariko iramunanira igwa muri Nyabarongo.

Avuga ko iyi modoka yabuze feri, uwari uyitwaye agerageza kuyegeka ku mukingo ariko iramunanira igwa muri Nyabarongo.

Gitifu Byicaza avuga ko iyi mpanuka ikimara kuba, bahise batabaza Polisi Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, bakaba bamaze kuhagera.

Ati: “Kugeza ubu, abatanze amakuru baravuga ko Mugwaneza ari we warohamye muri Nyabarongo, gusa bavuga ko bataramenya niba hari undi yari atwaye muri iyo modoka yo mu bwoko bwa HOWO.”

Amakuru agera ku Imbaga avuga ko uyu mushoferi wari utwaye kugeza ubu ataraboneka, agishakiswa kandi bitewe n’igihe gishize yaba yamaze kwitaba Imana.

Ku kiraro cya Nyabarongo gihuza Umurenge wa Nyange n’Akarere ka Muhanga, ni ahantu amazi y’uyu mugezi aba ari menshi kubera urugomero rw’amashanyarazi, hakiyongeraho imvura nyinshi imaze igihe igwa.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *