author

David Blessing

I'm Imazirungu Horace a dedicated Journalist. I'm Rwandan Delivering breaking news, growing our community

Ese Bruce Melody Yaba agiye gutandukana na Coach Gael?

Umushoramari Coach Gael (Karomba Gael), washinze inzu ifasha abahanzi ya 1:55AM, yatangaje ku mugaragaro ko amasezerano y’imyaka itanu yari afitanye n’umuhanzi Bruce Melodie arimo kugana ku musozo, gusa ashimangira ko impande zombi ziri mu ibiganiro byo kureba niba yarusheho kongerwa. Ibi Coach Gael yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yakuyeho urujijo ku bihuha bimaze iminsi bijyanye […]

Umuyobozi mukuru wa FDA na bagenzi be 17 batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kane, itariki 13 Kanama 2026, rweretse itangazamakuru abantu 18 barimo Prof. Emile Bienvenu, wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa (Rwanda FDA), bakurikiranweho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’uburangare n’amakosa mu micungire y’ubuziranenge cyane cyane bw’ibinyobwa. Mu berekanywe na RIB, harimo abakozi 10 bakorera mu kigo cya […]

Gutanga uburere bwiza byubaka igihugu Dr Utumatwishima

Guhuza imbaraga z’umuryango nyarwanda no kurinda urubyiruko kubatwa n’inzoga n’ibiyobyabwenge ni ryo pfundo ryo kwitegura ejo hazaza hahamye k’u Rwanda. Ubu ni ubutumwa bwatanzwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Abdallah, mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko ku rwego ry’igihugu, byabereye mu Karere ka Gatsibo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Kanama […]

Uko Trump yarokotse igitero cya misile mw’banga rikomeye cyane

Mu isi ya politiki n’umutekano w’abakuru b’ibihugu, ibikorwa by’ubutasi kenshi biba biri inyuma y’amaso y’abaturage. Icyakora, ibyabaye ku Perezida wa Amerika, Donald Trump, ubwo yaturukaga mu nama ya NATO muri Turikiya mu kwezi gushize, byagaragaje urwego rwo hejuru rwo gukora ibintu mu ibanga rikomeye cyane no kwirinda ibitero by’intwaro ziremereye. Ibikorwa by’iyo minsi byatumye benshi […]

Izamuka ry’ibiciro by’inyama mu Rwanda,Minisiteri y’Ubuhinzi itanga icyizere ku cyorezo cy’ubuganga

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Telesphore Ndabamenye yagaragaje ko igihugu cyafashe ingamba zo gukingira amatungo indwara y’uburenge bityo bizatuma inyama zongera kuboneka ku isoko ndetse n’ibiciro byazo bikagabanyuka. Mu gihe gito gishize, amasoko y’inyama mu Rwanda yaguye mu mazi abira kuko igiciro cy’ikiro cy’inyama cyane cyane iz’inka aho cyatumbagiye mu buryo butandukanye n’ubusanzwe. Ibi bikaba biterwa […]

RDF: Basoje amahugurwa adasanzwe yatanzwe n’Ingabo za Qatar

Abofisiye 146 ndetse n’abasirikari bato mu ishami rishinzwe imyitwarire no kurinda abayobozi (Military Police) muri RDF, basoje amahugurwa y’ibyumweru birindwi yari amaze iminsi abera mu Rwanda, asiga ahaye aba bose ubushobozi n’ubunyamwuga buhanitse. Ibirori byo gusoza aya mahugurwa byabaye ku wa 11 Kanama 2026, bikaba byayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga. Iki […]

Umunyamakuru Murindahabi Irene yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Liliane

Umunyamakuru mu myidagaduro mu Rwanda, Irene Murindahabi uzwi cyane nka M. Irene yateye ikirenge mu cy’ibindi byamamare mu buzima bwe aho yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Nishimwe Liliane. Uyu muhango wabereye mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana. Mu mashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaramo ibyishimo hagati y’abageni, yagaragazaga uburyo M. Irene n’umukunzi we […]

Babeshywaga akazi keza! Menya uko Abanyarwanda 289 bari bagiye gucuruzwa mu mahanga batabawe

Minisitiri w’Ubutabera Dr. Ugirashebuja Emmanuel yatangaje ko mu mwaka wa 2025 u Rwanda rwagaruye abantu 289 bari bagiye gucuruzwa mu bihugu bitandukanye byo ku Isi. Yabitangaje kuri uyu wa Kane, mu kiganiro yagiranye n’Abasenateri bagize Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Umutekano ku ngamba zo guhangana n’ibyaha by’icuruzwa ry’abantu. Muri iki kiganiro kigamije kurebera hamwe ingamba […]

Herekanywe abakinnyi ba Rayon Sports bazakoreshwa 2026-2027 barimo 16 bashya

Kigali Pelé Stadium yari yakubise yuzuye abantu mu birori bikomeye Rayon Sports yerekaniyemo abakinnyi izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2026-2027. Ibyo birori byatangiye ku gicamunsi ku isaha ya Saa Saba, haherewe ku mukino w’abakanyujijeho muri Rayon Sports n’abayobozi bayo wavuyemo ibitego 3-3 bakina na CSK. Iyo gahunda yakurikiwe no kwerekana ikipe y’abagore ya Rayon Sports […]