Trump ntiyemeye ubusabe bwa Netanyahu bwo kubuza Turikiya kugura indege za F-35

author
1 minute, 38 seconds Read

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, ntiyashyigikiye ubusabe bwa Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, wasabaga ko Turikiya itemererwa kongera kubona indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35.

Netanyahu yari yagaragaje impungenge ko guha Turikiya izi ndege zigezweho byahindura uburinganire bw’imbaraga za gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, akavuga ko bishobora kugira ingaruka ku mutekano w’akarere.

Mu kiganiro yagiriye mu nama ya NATO, Trump yavuze ko atabona impamvu yatuma Amerika ihagarika uwo mugambi, agaragaza ko afitiye icyizere ubuyobozi bwa Perezida wa Turikiya, Recep Tayyip ErdoÄŸan.

Yavuze ko Turikiya ari igihugu gikomeye kandi ko ubuyobozi bwacyo bwakomeje kongera ubushobozi bwacyo mu nzego zitandukanye, bityo ngo nta mpungenge afite ku bijyanye no kugurisha Ankara indege za F-35.

Ku ruhande rwa Israel, Netanyahu yavuze ko igihugu cye gikeneye gukomeza kugira ubudahangarwa mu kirere kugira ngo umutekano w’akarere udahungabana. Yongeye gushimangira ko adashyigikiye ko Turikiya ihabwa F-35 cyangwa ibindi bikoresho by’ingenzi bifitanye isano n’izo ndege.

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko Netanyahu yagejeje ubu busabe kuri Trump mu biganiro byihariye, ndetse akabugarukaho no mu kiganiro bagiranye kuri telefone mu cyumweru gishize.

Turikiya yigeze gukurwa muri gahunda ya F-35 mu mwaka wa 2019 nyuma yo kugura uburyo bw’Uburusiya bwo kwirinda ibitero byo mu kirere buzwi nka S-400, icyemezo cyateje kutumvikana hagati ya Ankara na Washington.

Nubwo bimeze bityo, Turikiya yakomeje gusaba kongera kwinjira muri iyo gahunda, ivuga ko yifuza kubona izo ndege ariko ikanagumana sisitemu ya S-400 isanzwe ifite.

Umubano hagati ya ErdoÄŸan na Netanyahu umaze igihe urangwa n’ukutumvikana, by’umwihariko nyuma y’intambara yo muri Gaza, aho Perezida wa Turikiya yakunze kunenga ibikorwa bya Israel ndetse n’ubuyobozi bwa Netanyahu.

Hagati aho, umwuka hagati ya Trump na Netanyahu na wo wakomeje kutoroha mu bihe bya vuba, aho batandukanye ku buryo Israel yakomeje ibikorwa bya gisirikare muri Liban mu gihe Amerika yashakaga ko ibiganiro by’amahoro n’Iran bikomeza nta nkomyi.Trump ntiyemeye ubusabe bwa Netanyahu bwo kubuza Turikiya kugura indege za F-35

Trump ntiyemeye ubusabe bwa Netanyahu bwo kubuza Turikiya kugura indege za F-35.

About The Author

Inkuru bihuye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *